RFL
Kigali

Twaganiriye! Uwimana ufite ubumuga yavuze ku bamubuzaga kwitabira Miss Rwanda, asaba abantu kwiga ururimi rw’amarenga

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/02/2022 0:09
1


Uwimana Jeannette w’imyaka 26 y’amavuko yaciye agahigo aba umukobwa wa mbere ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda kuva ryatangira kubera mu Rwanda mu mwaka wa 2009.



Uyu mukobwa wo mu Karere ka Nyanza yageze imbere y’Akanama Nkemurampaka kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022 yizihiwe agaragaza ko agiye kuba ikiraro cy’abafite ubumuga bataratinyuka kwitabira amarushanwa y’ubwiza nk’aya.

Yatangiye kuvuga impamvu yitabiriye Miss Rwanda n’intego yihaye mu buzima bwe, buri wese amutega amatwi. Yari yambaye ikanzu nziza ndende, sheneti mu ijosi, umusatsi uboshye ufungiye inyuma ari we wambaye nimero 40 mu irushanwa.

Ari mu bakobwa 81 biyandikishije mu Ntara y’Amajyepfo, ariko 47 nibo babashije kunyura imbere y’akanama nkemurampaka. Babanje gutangaza ko abakobwa 7 ari bo babonye itike yo gukomeza, ariko abagize akanama bongeye kwiherera bemeza ko abakobwa 9 ari bo bakomeza.

Mu bakobwa 9 baserukiye Amajyepfo harimo na Uwimana Jeannette [Nimero 40] yiyongera kuri Ituze Ange Melisa [Nimero 14], Tanganyika Isabelle [Nimero 1], Ashimwe Michelle [Nimero 32], Kamikazi Queen [Nimero 13], Ikirezi Happiness [Nimero 3], Ruzindana Belyse [Nimero 31], Irakoze Sabine Hyguette [Nimero 34] na Keza Melisa [Nimero 24].

Uwimana yari yitwaje umukobwa witwa Faina Kabayiza biganye mu mashuri yisumbuye. Bombi ni inshuti z’igihe kirekire, byanatumye Kabayiza amenya ururimi rw’amarenga mu buryo bumworoheye, kuko yashyize imbaraga mu kurwiga kugira ngo azajye abona uko bavugana nawe.

Babaye inshuti cyane, kugeza ubwo mu minsi ishize Uwimana abwiye Faina ko ashaka kwitabira Miss Rwanda anamusaba kuzamuherekeza kugira no azasobanure ibyo azaba arimo aravuga akoresheje ururimi rw’amarenga.

Si ubwa mbere ariko yari atekereje kwitabira Miss Rwanda. Uwimana avuga ko mu 2021 yashatse kwitabira Miss Rwanda, umuryango n’abavandimwe baramushyigikira, ariko hari zimwe mu nshuti ze zamubwiye ko atazabasha kumvikana n’akanama nkemurampaka kuko azagorwa no gusobanura umushinga we.

Uwimana yabwiye INYARWANDA ko kubona itike yo guhagararira Intara y’Amajyepfo muri Miss Rwanda 2022 bimuhaye izindi mbaraga zo gutinyura n’abandi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Uyu mukobwa avuga ko yasoje amasomo ajyanye n’uburezi mu mashuri yisumbuye. Akavuga ko ashaka gukomeza amashuri akagera ku rwego rw’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza [Master’s]’.

Ngo nyuma yo gusoza amasomo ye, azashakisha abafite ubumuga abereke inyungu iri mu kwitinyuka bagaharanira kugera ku nzozi zabo.

Uyu mukobwa avuga ko abona rimwe na rimwe abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bahezwa muri sosiyete, ibi bikagira ingaruka ku iterambere ryabo.

Akavuga ko hari abiyumvisha ko abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga badashoboye, ariko ngo siko biri ‘barashoboye’.

Binyuze mu musemuzi we, ati “Iyo mbonye baduheza biratubabaza, ariyo mpamvu ngira ngo nshinshikarize imiryango n’abandi babishinzwe kubimfashamo mu kuzamura aba bana kugira ngo bige.” 

Inkuru bifatanye: Bwa mbere Uwimana umukobwa ufite ubumuga yitabiriye Miss Rwanda


Uwimana yabonye 'Pass' yo guhagararira Intara y'Amajyepfo muri Miss Rwanda 2022

Uwimana yavuze ko akiri muto, abantu batandukanye bajyaga babwira ababyeyi ‘ko ntacyo umwana wabo azabamarira’, bakanavuga ko ‘nta bwenge yagira’.

Ngo banabwira ababyeyi be kumugumisha mu rugo ntajye ku ishuri nk’abandi. Ariko ngo yaje kugira amahirwe ajya ku ishuri, kandi ni ibintu yishimira.

Uyu mukobwa yasabye inzego bireba gushishikariza buri wese kwiga ururimi rw’amarenga. Avuga ko ari ahantu henshi abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bagihezwa, kandi bitari bikwiye.

Umusemuzi we ati “[…] Ikintu abasaba ni uko uhereye hasi akenshi usanga abantu baba badahugurirwa kumenya amarenga ku buryo bakwakira abantu bose nko kwa muganga, mu nzego zishinzwe umutekano usanga abafite ubumuga batarimo, mu barimu, ndashaka bose bahugurirwe kwiga amarenga ku buryo babasha kuvugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga,”

Uwimana avuga ko kuva akiri mu mashuri abanza yagize inyota yo kwitabira Miss Rwanda nyuma yo kubona ‘abavuga bitabira Miss Rwanda nkumva ndabikunze’.

Avuga ko asoje kwiga amashuri yisumbuye, ari bwo yiyemeje kwitabira Miss Rwanda, ndetse umuryango we uramushyigikira.

Uwimana yiga mu mashuri yisumbuye yakundaga kumurika imideli. Miss Rwanda ni cyo gikorwa cya mbere yitabiriye gikomeye.

Umushinga Uwimana yatanze muri Miss Rwanda ni ugufasha abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kugira ngo bitinyuke bakoreshe imbuga zabashyiriweho nka Miss Rwanda nk’abandi bose badafite ubumuga. 

Uwimana yavuze ko yashakaga kwitabira Miss Rwanda 2021, zimwe mu nshuti ze zimubwira ko atazabasha guhuza n’akanama nkemurampaka 

Uwimana yavuze ko Miss Rwanda igiye kumubera inzira yo kwereka n’abandi bafite ubumuga ko bashoboye, bagira uruhare mu guhindura sosiyete Uwimana yavuze ko hari ababwira umuryango we ko umwana wabo ntacyo azamara, abandi bagasaba ko atajyanwa mu ishuri 

Faina Kabayiza wari umusemuzi avuga ko Uwimana ari inshuti ye y’igihe kirekire, kuko biganye mu mashuri yisumbuye








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sindayiheba Jean bosc2 years ago
    Abobantu bushyigikirwe bikwiye nabokubahwa





Inyarwanda BACKGROUND