RFL
Kigali

Muhire Kevin wavuzwe muri APR FC yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:28/09/2021 14:07
1


Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati mu ikipe y’igihugu Amavubi, wavuzwe cyane muri APR FC nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe yari yasinye, yagarutse mu myitozo ya Rayon Sports yakiniye umwaka ushize, nyuma y’igihe kitari gito yari amaze aganira n’ubuyobozi bw’iyi kipe ku masezerano mashya.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri 2021, Muhire Kevin yagaragaye ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove, akorana imyitozo na bagenzi be aho bivugwa ko yamaze kumvikana na Rayon Sports kuyisinyira amasezerano mashya.

Hari hashize igihe kitari gito impande zombi zarananiwe kumvikana ku masezerano mashya uyu mukinnyi agomba guhabwa muri Rayon Sports, gusa kuri ubu bisa n’ibyagiye mu buryo kubera ko uyu mukinnyi yagarutse mu myitozo.

Ubwo shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2020/21 yari imaze gusozwa, byaravuzwe ko umutoza w’ikipe ya APR FC, Adil Mohamed Erradi, yasabye ubuyobozi bw’ikipe ko bwamugurira Muhire Kevin akazakoreshwa n’iyi kipe mu mwaka w’imikino wa 2021/22, gusa nta yandi makuru yongeye kumenyekana yerekeye uyu mukinnyi n’ubwo byavugwaga ko ari mu biganiro n’iyi kipe y’ingabo z’igihugu.

Byanavuzwe ko Muhire Kevin yaganiriye n’amakipe arimo Police FC, kugira ngo ayerekezemo ariko birangira impande zombi zitumvikanye.

Muhire Kevin yagarutse muri Rayon Sports umwaka ushize nyuma y’uko asoje amasezerano mu ikipe yo muri Misiri yakiniraga.

Kevin Muhire ari mu bakinnyi bitabajwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Mashami Vincent, ku mikino ibiri u Rwanda ruzakina na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.


Muhire Kevin yatangiye imyitozo muri Rayon Sports (ifoto y'umwaka ushize)








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Brabra.2 years ago
    Naze ajye mu bandi maze GIKUNDIRO ice agasuzuguro.





Inyarwanda BACKGROUND