RFL
Kigali

Niyonsaba uheruka guca agahigo ku Isi mu kwiruka metero 2000 yakiriwe nk’Umwamikazi i Bujumbura – AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:22/09/2021 14:06
1


Byari ibirori by’akataraboneka ubwo Umurundikazi, Niyonsaba Francine uheruka guca agahigo ku Isi mu kwiruka metero 2000, yageraga ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura, aho yasanze imbaga y’abantu bitwaje indabo bari baje kumushimira ku butwari yagaragaje, ibendera ry’igihugu rikazamurwa muri Croatia.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Nzeri 2021, ni bwo Niyonsaba Francine yasesekaye ku kibuga cy’indege i Bujumbura, yakirwa n’imbaga y’Abarundi mu birori bikomeye cyane byo kumushimira.

Mu Cyumweru gishize, ni bwo Niyonsaba yaciye agahigo ku Isi mu kwiruka metero ibihumbi bibiri (2000 m) mu bagore, mu irushanwa rya Boris Hanzekovic Memorial ryabereye i Zagreb mu gihugu cya Croatia, aho yakoresheje iminota 5 n’amasegonda 21.

Uyu Murundikazi yabigezeho nyuma yo gusiga Genzebe Dibaba yaherukaga guca agahigo mu marushanwa akinirwa mu nzu (indoors) mu 2017, akaba yamusize amasegonda abiri. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru akigera i Bujumbura, Francine yagize ati: ”Ndiyumvisha ko nakoze ibidasanzwe, ….. Ubu nanjye navuga ko ntasanzwe ku Isi”.

Abashinzwe siporo mu Burundi, bamaze igihe bazenguruka mu bice bitandukanye by’igihugu cyane mu mujyi wa Bujumbura bashishikariza abaturage kujya kwakira Niyonsaba ku kibuga cy’indege.

Ubwo yageraga ku kibuga cy’indege, Niyonsaba yasanze ibyapa by’aho avuka bimuha ikaze ndetse binamushimira ku ishema yabahesheje ku Isi yose.

Ibyo byapa byagiraga biti” Abanya Ruyigi n'Abarundi twese tuguhaye ikaze kandi tuguishimiye ku ishema wahesheje igihugu cyacu n'intara".

Niyonsaba yabwiye itangazamakuru ati "Ni amateka, ni umugisha ku Burundi kuba mvuye mu mahanga aho nari maze iminsi ndushanwa mu bihugu bitandukanye".

Francine avuga ko ibi ari intangiriro kandi bitumye agiye gukora cyane kuko ashaka kongera gushimisha Abarundi umwaka utaha.

Ati: "Nazishima cyane umwaka utaha ngarutse mfite igikombe nk'iki muri shampiyona y’Isi izabera muri Amerika, ngashobora guha umunezero Abarundi".

Niyonsaba akaba yarakuyeho agahigo kari kakozwe n’umunya Ireland Sonia O'Sullivan mu 1994, uyu Murundikazi kandi akaba akoze aya mateka nyuma y’icyumweru kimwe yegukanye irushanwa rya Diamond League ryabereye i Zurich mu Busuwisi, mu kwiruka metero 5000.

Nyuma yo guca aka gahigo ndetse agatera ishema u Burundi na Afurika muri rusange, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yanditse kuri Twitter ati "Kw’izina ry’Abarundi bose no kw’izina ryanje, ndakeje Umwigeme Francine Niyonsaba kw’iteka ridasanzwe amaze imisi atera Uburundi. Imana ibandanye imuhezagira agume atera imbere nk’umuzinga".

Imihanda ya Bujumbura yari yuzuyemo abantu benshi baje kwakira Francine

Niyonsaba Francine ubwo yasesekaraga ku kibuga cy'indege cya Bujumbura

Niyonsaba yakiriwe nk'umwamikazi ageze i Bujumbura nyuma yo kwandika amateka akomeye ku Isi


Niyonsaba yaciye agahigo ku Isi mu kwiruka metero 2000

Francine amaze kuba umukinnyi ukomeye ku Isi mu mukino wo kwiruka





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isaie Niyibigira2 years ago
    Uyu mukobwa natwe turamushimiye kuko ahesheje ishema igihugu n'Afrika muri rusange.





Inyarwanda BACKGROUND