RFL
Kigali

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Kenneth Kaunda anavuga ko ubwitange yagize mu kubohora Afurika butazibagirana

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:18/06/2021 13:36
0


Tariki 17 Kamena 2021 ni bwo urupfu rwa Kenneth Kaunda wabaye Perezida wa mbere wa Zambia rwamenyekanye. Perezida wa Repubulika y’ u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango we anavuga ko ubwitange yagize mu kubohora Afurika butazibagirana.



Kenneth Kaunda ufatwa nk’intwari ya Afurika, yatabarutse ari umukambwe w’imyaka 97 y’amavuko. Yayoboye Zambia imyaka 27 yose kandi aharanira iterambere rya Afurika. Yagize uruhare rukomeye mu kubohora Afurika bikaba ari umurage mwiza asize ku isi.


Kenneth Kaunda yitabye Imana ku myaka 97

Perezida Paul Kagame abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko abikuye ku mutima yifatanije n’umuryango wa Kenneth Kaunda mu kababaro, anashimangira ko ubwitange yagaragaje mu kubohora Afurika ari ikintu gikomeye cyane.

Yagize ati: “Mbikuye ku mutima nihanganishije umuryango wa Perezida Kenneth Kaunda n’abaturage ba Zambia. Ubwitange yagaragaje mu kubohora Afurika ntibuzigera bwibagirana. Ubuyobozi bwe ku mugabane ni umurage asize wo gukunda Afurika uzakomeza kubaho mu binyejana by’ahazaza.”


Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Kenneth

Amakuru avuga ko Kenneth Kaunda yazize umusonga aho yumvaga umubiri we utameze neza akajyanwa mu bitaro bya ‘Maina Soko Medical Centre’ muri Lusaka akaba yaraguye mu Bitaro bya Gisirikare by’i Lusaka aho yavurirwaga umusonga nk’uko byatangajwe n’umuhungu we, Kambarage






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND