RFL
Kigali

Dore urukundo rw’umunyembabazi ushaka uwo bakundana! Menya ibintu 11 bigaragaza ko agorwa cyane n’abo ahura nabo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:12/06/2021 19:41
0


Umuntu w’umunyembabaza ni ikiremwa gitangaje cyane. Aba azi gukunda umuntu atitaye ku mateka ye, uko ateye cyangwa ikindi kintu cy’aho akomoka (Ubukungu). Niba hari umunyembabazi uzi ukwitaho uri umunyamahirwe mugumishe hafi yawe. Baragorwa na none kuko ntibabona uwo bifuza.



Ni ibintu by’agaciro gakomeye kuba ufite umunyembabazi ukwitaho, mbese akagufasha muri bimwe ukeneye akanakubwira ko agukunda. Bimwe mu biranga abantu b’abanyembabazi ni uko nagukunda atazatinda kubikubwira kandi uyu muntu azakora iyo bwabaga abigaragaze. Ukuri ni uko abantu b’abanyembabazi bakunda kugorwa no kubona urukundo rw’ubuzima bwabo, ntabwo biborohera.

Impamvu ni uko umuntu wese bahuye bamwitaho, bakamuha ibyo akeneye mu gihe babifite noneho yagera aho akabona bihagije ntibabe bareba inyuma ngo bite no ku mutima w’uwabikoze. Aba bantu ni abanyakuri 100%, ikindi ntabwo batindiganya kuvuga kuko ntibakunda gukina n’amarangamutima y’abantu babari imbere. Baba bashaka ikintu cy’ukuri kandi kije ako kanya cyikigaragaza, atari cyo bategereza imyaka.

N'ubwo ari byiza ndetse binashishikaje kubana n’abanyembabazi burya si bose bakira ubugwaneza bwabo kuko bamwe iyo babonye ibyo bakorewe nabo bahita babatera umugongo. Niba ugize amatsiko y’impamvu ituma aba bantu bagorwa no kubona urukundo komeza usome ibi bintu 11 birakumara amatsiko.

1.      Abazi icyo ashaka kugeraho

Ni umuntu w’umunyamutima uzi neza icyo akeneye mu rukundo ari kugusaba kandi nta yindi mpamvu n'imwe afite nawe ubibonera mu gihe mumaze mubana kuko nta n'icyo arakwaka.

2.      Afite imico yihariye

Ni ikiremwamuntu gifite imico yihariye cyane ndetse n’amarangamutima ye uwo bahuye ni we uba uyazi neza. Afite ibintu byinshi akunda gukora mu buzima bwe (Passion). Bizagusaba imbaraga n’umutima woroshye kandi w'imbabazi kugira ngo ubashe guha urukundo uyu muntu.

3.      Iteka ashyira imbere kwigira no kwigenga

Uyu muntu ugira imbabazi iteka aba ashaka gukundana n’umuntu uhari ku bwe, uzamwitaho mu bihe bimugoye, ….Ikindi buri kibazo kiza kuri we agishakira igisubizo kuko abanza gukemura ibyo ubundi agakurikiza ho n’iby'abandi. Iyo yagukunze ubibonera mu bikorwa n’ubwo nawe adatinda kubikubwira.

4.      Ni umunyamutima  ni umunyakuri

Ukuri kuraryana ni ko bavuga (The Truth can hurt), ariko umunyembabazi ntabwo ari wa muntu uzababazwa n’amagambo ye. Azaba umunyakuri ndetse n’umwizerwa by’umwihariko naba ari kumwe n’uwo akunda kandi abona amukeneye.

5.      Yishakamo imbaraga 

Umunyembabazi niba muri kumwe akabona hari icyo agukeneyeho, azahita abikubwira vuba cyane, ntabwo buri umwe wese rero uzashobora guhaza ibyiyumviro bye kuko bisaba umuntu uzi gushyira mu gaciro kandi w’umunyakuri nkawe.

6.      Asaba ubwigenge

Iteka ahora asaba kuba yaba we ubwe, niba muri kuganira azakunda kugusaba kuba wowe wa nyawe, ndetse anakubwire ngo nugira icyo ukenera uzamubwire, burya azaba atinya ko haza undi badahuje umutima akagushuka ukaba wata umurongo.

7.      Ntabwo ibintu by’imikino abijyamo ntabiha umwanya

Ntabwo akunda gukina imikino nk’uko abandi bakunda kuyikina bikabaviramo no kubabazwa cyangwa kubabaza abandi. Ntabwo akunda umubano w’akanya gato nka bamwe bakundana mu kanya gato ukumva ngo bashwanye. 

8.      Yifitemo amarangamutima

Umunyembabazin agira imbabazi zimwerekeza kuba yagira amarangamutima menshi cyane, iteka uyu muntu azakunda kurira no mu gihe azaba ari kureba filime cyangwa ahuye n’akantu gashobora kuzamura amarangamutima ye. Akunda kubaza ibibazo byinshi ndetse agashaka kumenya iby’umubano wawe wabanje kugira ngo amenye uko agutwara.

9.      Abona abantu uko bari

Uyu muntu abona abantu uko bameze, niba bari kugerageza guhisha amarangamutima yabo, arabimenya. 

10.  Atanga urukundo rukunguhaye! Aritanga wese

Iyo yageze mu rukundo aguha urukundo rukungahaye, ndetse agakunda byimazeyo uwo yakunze. Uyu muntu rero kwakira urukundo rwe bisaba wa muntu muzima muri we. Wa muntu wababajwe ariko ushaka gukira, wa muntu mwiza utaryarya. Mu rurimi rw’icyongereza babita 'The Unconditional Kind People'. Aba bantu rero akenshi bakunda gusigara bonyine bigunze ndetse bababaye bababajwe n'abo bahaye urukundo n’umwanya wabo bakabakinisha.

11.  Araheba iyo bibaye ngombwa

Azakwirukaho ariko igihe kizagera akureke kuko azaba yarabonye utazi neza ko ari umunyembabazi. Umuntu uzi igisobanuro cy’ubuzima ni we wabana nawe kuko ni umuntu mwiza. Urukundo ruragora ariko buri wese yifuza gukundwa. Nuhura n’umunyembabazi ntuzatume agenda ngo umubure, ngo umare igihe utamubwiye ko muri kumwe. Nakubwira ko agukunda ntuzafate n’isegonda ribitekereza kuko iteka aba ari mu kuri.

Inkomoko: Reletionship Rules






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND