Mu gihugu cya Afurika y’Epfo hakomeje kuvugwa ingeso mbi z’ubusambanyi zikorerwa muri gereza. Nyuma yaho hafatiwe umugabo ufunze asambana n’umugore ucunga gereza, ubu noneho haravugwa umucunga gereza wateye inda umugore w’imfungwa.
Mu mujyi wa CapeTown, abashinzwe
amagereza muri
Zulu-Natal batanze ikirego cyirega umugabo w’umuyobozi mu
bacungagereza wagize uruhare mu gusambanya imfunga akayitera inda.
Uyu muyobozi w’umucunga gereza utatangajwe
amazina ye, aracyakurikiranwa na
disipulini ye
idahwitse yo gutinyuka kuryamana n’umugore ufunze. Ni
urubanza rwa kabiri ruri gukorerwa iperereza muri iyo ntara nyuma y’uko
hari
n’andi mashusho yerekanwe ku
muyobozi w’umugore ucunga gereza asambana n’umugabo ufungiye muri iyo gereza.
Komiseri w’igihugu ushinzwe amagereza, Arthur Fraser, yamenyesheje Inteko Ishinga Amategeko ko umucunga gereza yateye inda imfungwa, agasaba kuba bahabwa abakozi bashoboye Porotokore ihambaye nk’uko News24 ibitangaza, ati: "Turabikurikirana, ariko turashaka protocole isobanutse y’ukuntu dukora". Amakuru avuga ko kandi n'abacunga gereza ubwabo baba basambana.
TANGA IGITECYEREZO