RFL
Kigali

Iggy Azalea yihanangirije abakunzi be bashyigikiye Donald Trump kutongera kumva ibihangano bye

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:7/11/2020 9:40
0


Mu magambo ye yitangarije mu magambo ye binyuze ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, umuhanzikazi Iggy Azalea yihanangirije abakunzi be bashyigikiye Donald Trump kutongera kumva ibihangano bye.



Ku itariki ya 5 Ugushyingo 2020, Iggy Azalea ukomoka mu gihugu cya Australia, binyuze ku rubuga rwe rwa Twitter yavuze ko ukunda ibihangano bye akaba ashyigikiye Donald Trump mu matora ko atakiri umukunzi we koko. Uyu muraperikazi (rapper) yatangaje aya magambo nyuma y'uko ashimangiye ibyo umukunzi w’ibihangano bye yanditse kuri uru rubuga atuka umukandida w’ishyaka ry’aba-Republicans mu matora ya perezida muri Amerika, Donald Trump.

Nyuma yo gushimangira ibyo umukunzi w’ibihangano bye yari amaze kwandika kuri uru rubuga, hari undi wahise asaba Iggy kwitondera ibya poritiki. Mu magambo ye bwite, Iggy yasubije uwitwa Boris Nikolayevich kuri Twitter ko yanga bidasubirwaho Donald Trump kandi ko niba na we akunda uyu perezida w’ Amerika ko na we amwanze.

Uyu muhanzikazi uririmba mu njyana ya rap, w’imyaka 30 akunzwe n’abatari bake ku isi kubera ibihangano bye. Uyu muhanzi yatangiye kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga mu mwaka wa 2014 ndetse aza no ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Billboard. Mu mizingo y’indirimbo yakoze zamenyekanye cyane harimo: In My Defense, The New Classic, Reclassified, Digital Restoration, End of an Era ndetse n’izindi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND