RURA
Kigali

Kugeza n’ubu nabuze icyaha yakoze - Ingabire Immaculée avuga kuri Prince Kid

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:14/03/2025 11:51
0


Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, akaba umwe mu bakunze kuvuga ku bibazo bitandukanye, agaragaza ibibazo bya Ishimwe Dieudonne ‘Prince Kid’ nk’ibirimo ingingo zitandukanye zidasobanutse.



Tariki 03 Wereurwe 2025, nibwo Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatangaje ko rwafashe Ishimwe Dieudonne wamenyekanye mu Rwanda nka Prince Kid, aho yahunze ubutabera nyuma yo gukatirwa imyaka itanu kubera ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.

Ibi byatumye abanyarwanda hirya no hino bongera kugaruka kuri uyu mugabo uzwiho kuba yarahaye imbaraga irushanwa rya Miss Rwanda yateguraga, ndetse n’abo ashinjwa guhohotera akaba ari bamwe mu bakobwa barytabiriye.

Ubwo Ingabire Marie Immaculée yaganiraga na One Nation Radio mu kiganiro cyatambutse kuri YouTube, we yagaragaje ko hari ibintu byinshi bidasobanutse mu rubanza rwa Prince Kid nk’umwe mu bakurikiranye ibyarwo kuva yatabwa muri yombi mu 2022.

Yagize ati:”Ibi bintu nabivuze kuva biriya bintu bigitangira. Nukuri nk’umuntu uharanira uburenganzira bw’abagore n’abana b’abakobwa, nk’umuntu urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kugeza uyu mwanya nicaye aha nabuze icyaha Ishimwe Dieudonne yakoze.

Narakibuze nabuze n’ukinsobanurira. None se umumtu arava i Kibagabaga akaza, uri umusore, ni inkumi, ntiwamufashe ku ngufu, nta ntambara yabaye nta nduru, nta ki. Ngo mwiryamaniye umuha amafaranga ajya guhahira musaza we, siko batubwiye? Incuro nizishake zibe ijana ibyo njye ntibindeba ni amahitamo yanyu.”

Marie Immaculée akomeza avuga ko ibyo abantu bavuga ko haba hari ibyo Prince Kid yasabaga abakobwa ngo agire icyo abafasha byaba ari ruswa ishingiye ku gitsina, bityo ko hakurikiranwa uwayisabye n’uwayitanze aho gukurikirana Prince Kid gusa.

Immaculée yakomeje avuga ku byavuzwe ko Ishimwe Dieudonne yigeze kujya mu cyumba cy’umwe mu bakobwa bavugwa mu rubanza rwe ari ninjoro, agaragaza ko nta mashusho yagaragajwe kandi kuri hoteli huzuye camera.

Ati:”Ko batubwiye ngo hari camera, njye sinjya nkunda akarengane. Niba hari n’icyaha cyabaye, nibikorwe mu mucyo no mu butabera kuri bose. Ko batubwiye ngo yagiye kwinjira mu cyumba cy’uriya mwana, ntabwo twasabye amashusho akabura kandi kuri hotel camera zihari?None se niba iyo camera idahari wowe wabibwiwe n’iki?”

Immaculée yasoje kuri iyi ngingo agira ati:”Hari umuntu uba wigiriye ibyago ibintu bikorwa n’abantu bose hakaba imbarutso ituma bimugwaho bitewe n’impamvu….Naho ubundi ntacyo yakoze kidasanzwe. Abantuka muntuke ibyo mushaka ariko namwe mufite uruhare. Ntitukajye turenganya abantu bamwe ngo abandi tubareke. Bose ni abana bacu.”

Nyuma y’uko Ishimwe Dieudonne afatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byitezwe ko ashobora koherezwa mu Rwanda mu minsi iri imbere akaza gukora igihano yakatiwe, gusa ntabwo birahabwa umurongo w’igihe n’uko bizakorwa.


Prince Kid yahamijwe ibyaha birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato


Ingabire Marie Immaculee agaragaza ko hari ibidasobanutse mu rubanza rwa Prince Kid





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND