Uganda, abaturage baguye mu kantu nyuma y’uko hamenyekanye inkuru y’itabwa muri yombi ry’umwana w’umukobwa w’imyaka 13 azira gufata ku ngufu umwana w’umuhungu w’imyaka 4.
Nk’uko raporo ya polisi ibigaragaza, uyu mwana w’umuhungu
yahohotewe ubwo se umubyara yari yagiye ku kazi k’izamu ngo kuko akora akazi ko
gucunga umutekano nijoro, asigana umwana na nyina.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Uganda Observer, ivuga ko nyina nawe yaje gusiga umwana we mu baturanyi ngo asigare akina n’abandi bana, maze ajya ku rusengero gusenga amasengesho y’ijoro ryose.
Yongeraho ko mu gihe ababyeyi be bagarukaga bavuye mu byo bari bagiyemo, uyu mwana w’umuhungu yababwiye ibyabaye byose maze bihutira kubimenyesha inzego z’umutekano, ndetse umwana bakamujyana kwa muganga kugira ngo yitabweho.
TANGA IGITECYEREZO