Joy Raimi Mojisola w’imyaka 24, ni we wegukanye ikamba rya Miss World Nigeria 2025, nyuma yo kwegukana intsinzi mu irushanwa ryabereye i Lagos mu mpera z'iki Cyumweru.
Raimi, wari uhagarariye Leta ya Osun, yatsinze abakobwa 36 bari bahatanye baturutse mu bindi bice bitandukanye bya Nigeria. Mu cyiciro cya nyuma, yahatanye na Miss Ebonyi, Miss Abuja, Miss Abia, na Miss Imo, maze agaragaza ubushobozi budasanzwe mu bwiza, ubwenge n’uburere, bimuhesha ikamba.
Nyuma yo kwegukana iri
kamba, ryahise rimuhesha ubushobozi bwo kuzahagararira Nigeria mu irushanwa rya Miss World
rizabera mu gihugu cy’u Buhinde guhera ku wa 7 Gicurasi kugeza ku wa 31
Gicurasi 2025, ku nshuro ya 72. Azaba ahanganye n’abakobwa baturutse mu bihugu 140 biherereye ku isi hose. Ibirori nyirizina byo gutanga iri kamba bizabera ahitwa
HITEX Exhibition Centre, Hyderabad, Telangana, mu Buhinde.
Joy Raimi yinjiye ku
rutonde rw’abakobwa 15 bahagarariye umugabane wa Afurika bazitabira Miss World
2025, asangaho bagenzi be barimo Natasha Nyonyozi wa Uganda, Gage
Diriye (Somalia), Aïssata Dia (Mauritania), Tya Janine Alphonsine (DRC), Mpule
Kwelagobe (Botswana) n’abandi, bose bazahagarira Afurika mu ruhando
mpuzamahanga.
Ni irushanwa ritegerejwe
na benshi, kuko rizahuza abakobwa benshi kandi beza bazaba baturutse mu bihugu
bitandukanye ku isi, aho bazahatana mu kugaragaza ubwiza, ubwenge n’umutima
w’ubugiraneza.
Iri rushanwa rya Miss
World rimaze imyaka irenga mirongo irindwi ribayeho, aho ryatangiriye mu gihugu
cy’u Bwongereza mu mwaka wa 1951. Kuva icyo gihe, ryakomeje kwaguka rihinduka
icyitegererezo cy’amarushanwa mpuzamahanga y’ubwiza. Kugeza ubu, ryibanda ku ndangagaciro
z’ubwitange n’ubushobozi bw’abagore mu guhindura sosiyete.
Joy Raimi w'imyaka 24 y'amavuko ni we uzaserukira Nigeria muri Miss World 2025
Yiyongereye ku bandi Banyafurikakazi bazaserukira Umugabane
Yatsinze ahigitse abandi bakobwa 36 bari bahatanye
TANGA IGITECYEREZO