Mu rwego rwo guhashya ingeso mbi yo gusambanya ku gahato abana bato, Leta ya Madagascar yemeje itegeko ryo gukona uzajya ahamwa n'icyaha cyo cyo gufata ku ngufu.
Mu mpera zicyumweru gishize,
ni bwo hemejwe itegeko ryo gukona abafata abana ku ngufu nyuma y'uko ryari
ryaratowe n'Abadepite mu kwezi kwa Gashyantare.
Muri Gashyantare uyu
mwaka, nibwo Inteko ya sena mu gihugu cya Madagascar yatoye yemeza iri tegeko
hanyuma ryohererezwa Perezida Andry Rajoelina ngo arisinye ribe ryatangira
gushyirwa mu bikorwa.
Iri tegeko n'ubwo
ryishimiwe n'abatari bacye mu gihugu cya Madagascar, imwe mu miryango iharanira
ubureganzira bwa muntu yatangiye kwamagana iri tegeko bavuga ko ari igihano
kidakwiranye n'ikiremwa muntu.
Kubwo kwamagana iri
tegeko nyuma y'uko ryari ryatowe n’Inteko Ishingamategeko, byatumye Isabelle
Delattre wari ambasaderi w’Ubumwe bw’Uburayi muri Madagascar yirukanwa muri
Mata (4) uyu mwaka, nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru La Gazette de la Grande Île.
Iri tegeko ryasinyweho ku
wa kabiri w'icyumweru gishize ariko bimenyekana hirya no hino mu mpera
z'icyumweru gishize bamwe mu baturage bemeza ko bagiye guhashya ikibazo
cy'abafata ku ngufu cyari cyarayogoje benshi muri Madagascar.
Mu ntangiriro z'uyu mwaka,
nibwo hasohotse raporo igaragaza ko ibyaha byo gufata ku ngufu bikomeje
kwiyongera ku kigero cyo hejuru aho mu kwezi kwa Mutarama (1) gusa hari hamaze kubarurwa
ibirego 133 by’ibi byaha, mu gihe mu mwaka ushize hari habaruwe ibirego 600 byo
gufata abana ku ngufu.
TANGA IGITECYEREZO