FPR
RFL
Kigali

Ibyishimo biracyari byose kuri Lupita waririmbwe na Beyoncé

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/06/2024 10:49
0


Beyoncé yumvikanye aririmba ubwiza bw’abiraburakazi, yitsa kuri Lupita Nyong’o uvuga ko atajya yakira ko uyu muhanzikazi rurangiranwa yahisemo kumuririmba.



Beyoncé muri 2019 ubwo yashyiraga hanze ‘Brown Skin Girl’ yagarutse kuri Lupita Nyong'o.

Nubwo byabaye muri iyo myaka ariko Lupita yongeye kubigarukaho mu kiganiro yagiranye na PEOPLE avuga ko ari agahigo kadasanzwe.

Ati”Munyizere byari ibintu by’agatangaza mu mwuga wanjye.”

Akomeza avuga uburyo yagiye akomeza gukorwa ku mutima no kubona ukuntu Beyoncé yishimira kuririmba aka gace kavuga ku bwiza bwihariye bwa Lupita.

Lupita ati”Ntabwo njya nizera ko yahisemo ko mba igice cy’amateka ye.” Agaragaza ko iteka yishimira uburyo uyu munyabigwikazi mu muziki yitwara ku rubyiniro.

Yagaragaje kandi ko yishimiye guhura na we n’uburyo ari uw’igikundiro wita ku bamusanga.

Lupita Amondi Nyong’o yabonye izuba kwa 01 Werurwe 1983 ku babyeyi bo muri Kenya gusa yavukiye muri Mexico, yagiye yegukana ibihembo bitandukanye muri filime birimo  Academy Award, Daytime Emmy Award.

Ibindi yagiye ahatanira ni nka  Tony Award na Golden Globe Award, yize Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu birebana na filime n’ikinamico.Lupita avuga ko atajya yakira ko yaririmbwe n'icyamamare Beyonce kandi ko ari amateka akomeye yamwubakiye mu mwuga weLupita yasingije umuryango wa Beyonce na Jay Z avuga ko ari ab'igikindiro 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND