RFL
Kigali

N'ubu hari abatarabyiyumvisha! Abahanzi Nyarwanda 3 binjiye mu muziki wa Gospel 'bitunguranye' bigasakuza ku mbuga

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:7/05/2024 19:18
0


Biragora cyane kwiyumvisha ko umuhanzi runaka wari ukunzwe mu ndirimbo zisanzwe yinjiye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, kimwe n’uko kwakira ko umuramyi yahindukiye agatangira gukora indirimbo zisanzwe ari ikintu kigora benshi kucyakira.



Bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo gushaka kumenyekana kurushaho, ubutunzi, guhinduka n’izindi nyinshi, bijya bibaho ko umuhanzi ku giti cye afata icyemezo cyo kureka ubwoko bumwe bw’umuziki, akiyemeza gutangira gukora umuziki utandukanye n’uwo yakoraga.

Ibi, byatumye InyaRwanda yifuza kukugezaho abahanzi nyarwanda 3 bahinduye ubwoko bw’umuziki bakoraga, ariko ugasanga birasakuje cyane mu itangazamakuru ndetse no ku mbuga nkoranyambaga.

1.     Meddy


Mu ntangiriro z’umwaka ushize, nibwo umuhanzi w’umunyarwanda   Ngabo Medard Jobert wamamaye nka Meddy yahamiriye abantu ko yinjiye byeruye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ubwo yashyiraga hanze indirimbo ikubiyemo amashimwe ye ku Mana yise ‘Grateful.’ 

Ibi bintu kugeza n'ubu abafana b'uyu muhanzi ntibabivugaho rumwe nubwo bigaragara neza ko uyu muhanzi yamaze kwinjira mu cyerekezo gishya ndetse akaba akataje no mu ivugabutumwa.

Mbere y’uko asohora iyi ndirimbo, mu bihe bitandukanye Meddy yagiye atangaza ko gutangira umuziki we byahereye mu rusengero aho yaririmbaga muri korali z’abana.

Yigeze kubwira inyaRwanda.com ati: “Indirimbo ya mbere naje kwiga gucuranga yari Redemption Song ya Bob Marley mbyigishijwe na mama umbyara, icyo kintu sinshobora kuzacyibagirwa. Kuva icyo gihe nkunda umuziki bitavugwa nza kujya muri korali y’abana.”

Mu ndirimbo za Gospel amaze gukora, harimo ‘Ngirira ubuntu,’ ‘Jambo’ yakoranye na The Ben, ‘Ntacyo nzaba’ yakoranye na Adrien Misigaro ndetse n’indi nshya baherutse guhuriramo bise ‘Niyo Ndirimbo,’ aho Meddy yatangaje ko igitero cye muri iyo ndirimbo gikubiyemo ubuhamya bwe.

Akiri mu muziki usanzwe, Meddy yakunzwe cyane mu ndirimbo z’imitoma nka Nasara, Amayobera, Igipimo, Slowly n’izindi zagiye zifasha benshi mu rukundo.

">

">

2.     Niyo Bosco


Ejobundi aha mu mpera za Werurwe 2024, nibwo umuhanzi w’umunyempano Niyo Bosco yamenyesheje ubuyobozi bwa KIKAC Music isanzwe imufasha mu bijyanye na muzika ko yasezeye umuziki usanzwe, ndetse ko yinjiye mu wo kuramya no guhimbaza Imana.

Iyi nkuru yatunguye benshi yamenyekanye ubwo uyu muhanzi yiteguraga gushyira hanze album ye ya mbere, yaherekejwe n’ivuga ko uyu mushinga uhagaze, asaba abakunzi be guhanga amaso ku mishinga ye mishya y’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Abajijwe niba atari igihombo agiye kwiteza, Niyo Bosco yagize ati “Ku buryo se Isi yakwishyura ijuru rikaguhombya? Njye simpinduye umwuga igihindutse ni ubuzima.” Ku rundi ruhande, Niyo Bosco yavuze ko aticuza ahahise he ahubwo ahamya ko ahahise he ariho hatumye aba uwo ariwe akamenya ko guhinduka ari ingenzi mu buzima bwe.

">

">

3.     Liza Kamikazi


Hashize imyaka irenga 10 umuhanzikazi Umuhire Solange uzwi nka Liza Kamikazi yinjiye byeruye mu ruhando rwo kuririmba umuziki uhimbaza Imana. Ni urugendo yatangiye mu buryo budasanzwe kuko yaruragije Imana mu masengesho y’iminsi 40.

Liza Kamikazi yiyeguriye Imana ubwo yakizwaga mu 2014, nyuma y’imyaka itari micye akora indirimbo zisanzwe. Mu 2015, nibwo yahagaritse kuririmba indirimbo zisanzwe yiyegurira izo kuramya no guhimbaza Imana. Nyuma y’umwaka umwe, mu 2016 nibwo yasohoye indirimbo ye ya mbere ihimbaza Imana yise ‘Ndaje Data,’ kandi n'ubu arakataje muri uyu murimo yamaze kwirunduriramo.

">

">

  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND