RFL
Kigali

Yadutoje gusenga! Urwibutso Thacien Titus asigiwe na Se witabye Imana azize uburwayi

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:5/05/2024 11:46
0


Tuyishime Thacien uzwi nka Thacien Titus mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, ari mu gahinda ko kubura Se witabye Imana azize uburwayi.



Thacien Titus wamenyekanye mu ndirimbo zirimo "Aho ugejeje ukora", "Uzaza ryari Yesu", "Mpisha mu mababa", n'izindi, yavuze ko hari urwibutso rukomeye asigiwe n'umubyeyi we Kamugundu Zachee witabye Imana kuwa 03 Gicurasi 2024. 

Mu kiganiro na inyaRwanda, Thacien Titus yavuze ko Se yari umujyanama mwiza ndetse akaba "yakundaga umwana ukunda akazi". Ati "Yadutoje gusenga no kubana na bose amahoro, yakundaga kutubwira ko Imana ari urukundo ati Udakunda ntazi Imana".

Uyu muramyi avuga ko Se yari umubyeyi mwiza ukunda cyane umuryango we, kandi yakundana gukora cyane. Yashimiye abantu bose bakomeje kubaba hafi mu buryo bwose muri ibi bihe bitoroshye byo kubura umubyeyi we, ati "Tubasabiye umugisha".

Ikiriyo kiri kubera ku Karere ka Kamonyi mu rugo rwa Kamugundu. Kuri iki Cyumweru haraba ijoro ryo kwizihiza ubuzima bwa Kamugundu Zachee. Ni mu gihe kuwa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024 ari bwo nyakwigendera azashyingurwa mu irimbi  rya Nyamugari ku Kamonyi.


Gahunda yo guherekeza umubyeyi wa Thacien Titus


Thacien Titus avuga ko Se yabatoje gusenga Imana


Nyakwigendera Kamugundu yakundaga cyane umuryango we


Kamugundu Zachee ubwo yari kumwe n'umukazana we [Umugore wa Thacien Titus


Thacien Titus yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo "Uzaza Ryari Yesu"






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND