RFL
Kigali

Yinjiye muri Sinema ku myaka 7, afite umugabo umurusha imyaka 40! Byinshi kuri Regina Daniels - AMAFOTO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/05/2024 17:21
0


Abantu benshi bakunze kwibaza ku mukinnyi wa filime Regina Daniels washakanye n’umugabo umurusha imyaka 40, bakibaza ubuzima yaba yaranyuzemo bwamuteye gukora ayo mahitamo.



Regina Daniels ni icyamamare muri Sinema ya Nigeria, kuko azwi mu gukina filime no kuzitunganya. Si ibi gusa, uyu mugore ni na rwiyemezamirimo ukaze cyane mu bucuruzi muri iki gihugu, akaba n’umunyamideli.

Regina, yavukiye i Lagos ku ya 10 Ukwakira mu 2000. Nyina yitwa Rita Daniel akaba ari umukinnyi wa filime unazitunganya, icyakora Papa wa Regina we ntazwi kuko ntiyigeze atangazwa mu itangazamakuru. Regina wakuriye mu gace kitwa Asaba, ni umwana wa kane mu bana batanu bavukana; abahungu batatu n’abakobwa babiri.

Kuva mu bwana bwe, umuntu afatiraho icyitegererezo ni umukinnyi w’amafilime wibitseho ibihembo agahishyi, Angelina Jolie. Nyuma yo kwiga mu ishuri mpuzamahanga ry’i Hollywood mu 2018, Regina yakomereje muri Kaminuza ya Igbinedion, aho yize itumanaho rusange.

Uyu mugore umaze kuba icyamamare i Nollywood yatangiye gukina filime afite imyaka 7 gusa y’amavuko. Kuva icyo gihe, yatangiye gushyigikirwa n’umubyeyi we wari ubirambyemo ndetse n’abavandimwe be.

Filime ya mbere yakinnyemo yitwa ‘Marriage of Sorrow’ yasohotse mu 2007 ikamuhesha asaga ibihumbi 10 Frw. Kuva ubwo, Regina yatangiye gukina muri filime nyinshi zirimo iyitwa ‘Miracle Child’ yagaragayemo mu 2010, The Bat-Man, Plantain Girl, Tears of Ojiugo, The Jericho, Twins Apart n’izindi nyinshi zirenga 150.

Muri Mutarama 2019, Regina Daniels yagizwe Umuhuzabikorwa w’ubukangurambaga mu rubyiruko rwari rushyigikiye uwahoze ari Visi Perezida wa Nigeria, Atiku Abubakar. Muri Gashyantare 2020, Regina Daniels yashyize ahagaragara ikinyamakuru cyamwitiriwe mu Mujyi wa Abuja.

Ku ya 20 Ugushyingo mu 2017, hacuzwe umugambi wo gushyira hasi Regina, umuntu avuga ko yamwoherereje amafoto nyuma bakaza no guhura kugira ngo amugire inama z’uko nawe yavamo umukinnyi mwiza. Nyuma y’uko bahuye nibwo uwo muntu yavuze ko Regina yashatse kumwaka ruswa ariko birangira Regina abyihakanye byose avuga ko ari umufana wamwiyitiriye agakoresha amazina ye maze uwo muntu arafungwa, Daniels agirwa umwere.

Ku ya 1 Mata 2019, nibwo ikinyamakuru e-Nigeria cyasohoye inkuru ivuga ko umucuruzi ukomeye muri Nigeria akaba n’umusenateri, Ned Nwoko ari we ukomeje gushora imari mu bikorwa bya Regina Daniels. Iyi nkuru yarazengurutse cyane ku mbuga nkoranyambaga yandikwa n’ibinyamakuru byinshi muri Nigeria, ariko undi mukinnyi wa filime Etinosa Idemudia aza kuvana abantu mu rujijo, ahamya ko Daniels atari inshoreke ahubwo ari umugore wa gatandatu w’uyu mukambwe w’imyaka 64 y’amavuko.

Iby’urukundo rw’aba bombi, byemejwe neza ubwo bagaragaraga babyinana mu birori by’uyu muherwe ubwo yabonaga impamyabumenyi y’ikirenga. Icyo gihe, abafana n’abanya-Nigeria muri rusange bakurikiranira hafi iby’imyidagaduro batangiye kwibasira Regina ku bwo kwemera gukundana n’umugabo umubyaye.

Ibyo ariko ntibyigeze bimuca intege barabanye, ndetse ku ya 29 Kamena mu 2020 abyarira umugabo we Ned imfura yabo y’umuhungu, nyuma y’imyaka ibiri nabwo, ku ya 29 Kamena mu 2022 amubyarira undi mwana wa kabiri.

Mu minsi ishize, Nwoko, umudepite uhagarariye Akarere ka Delta yatangaje impamvu yashakanye n'umukinnyi wa filime wa Nollywood, Regina Daniels nyuma y’igihe abantu benshi baracitse ururondogoro ku bw’ikinyuranyo cy’imyaka gikabije kiri hagati yabo.

Ubwo yashyiraga umucyo ku by’urushako rwe n’umugore we, Nwogo yabisobanuye agira ati: “Namushatse ahanini kubera ko akomoka mu gace kanjye kuko nifuzaga kubana n’umugore ukomoka mu gace nturukamo kandi nifuza umuntu wa nyawe. 

Nkimukubita amaso, nahise menya neza ko agomba kuba ariwe. Niba mukeneye kumenya impamvu yabyo, nashatse umugore dukomoka hamwe kubera igitutu nashyirwagaho n’umuryango wanjye n’abayobozi, kandi Regina yari yujuje ibisabwa byose.”

Ati: “Nkihura nawe namubajije niba ari isugi arambwira ngo ‘yego’. Nahise mubwira ko buri munyamuryango wacu wese agomba gukora siporo, akamenya gukina umukino wa Tennis n’uwo koga. Akibyumva yarikanze, ariko yemera ko azabikora none ubu abikora neza kuruta undi wese.”

Nwoko abajijwe niba yarakunze Regina akimubona, yasubije ko hari abakobwa benshi ariko hejuru y’ibigaragara inyuma yakunze Regina kuko yari yujuje ibyo yari akeneye ku mugore byose, yongeraho ko n’ubu bibaye ngombwa ko yongera guhitamo yakongera akamuhitamo.

Reba amwe mu mafoto agaragaza uburanga bwa Regina Daniels n'umuryango we:



Regina Daniels na Ned Nwoko bafitanye abana babiri b'abahungu, hagati y'imyaka yabo hakaba harimo ikinyuranyo cy'imyaka 40        






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND