RFL
Kigali

Uko ubushobozi bwakomye mu nkokora impano ya AmaG The Black muri Sinema akamenyekana mu muziki

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/05/2024 17:14
0


Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime, Hakizimana Amani wamamaye nka Ama G The Black, yatangaje yakabaye yarinjiye muri Sinema mbere y’uko atangira urugendo rw’umuziki, ariko ko yakomwe mu nkokora n’ubushobozi, byatumye atangirira ku kugaragaza impano yo kuririmba.



Yabitangarije InyaRwanda, nyuma y’uko agarutse muri Sinema agatangira gushyira hanze ibice bishya bya filime ye yise ‘Ngunda’ yari amaze imyaka ibiri ahagaritse.

Uyu mugabo yavuze ko kuba filime ye yari itakigaragara, ahanini byaturutse ku cyorezo cya Covid-19 cyatumye atabasha kongera guhuriza hamwe abakinnyi ngo bafate amashusho.

Ati “Nk’uko ubivuga nibyo! Ngirango abantu bose barabizi ko hari icyorezo cyaje, kitureba twese, gifite n’amahame ngenderwaho n’amabwiriza yo gukurikiza, navuga ko iyo ariyo mbogamizi nahuye nayo, ikindi urumva nyine niba dukina turi abantu 10 ntabwo byagombaga gukunda, kuko bamwe bari bari mu rugo, niyo mbogamizi navuga, kandi abantu bose barabizi.”

Ama G The Black avuga ko yongereye imbaraga cyane mu ifatwa ry’amashusho y’iyi filime, ndetse n’uburyo amajwi asohokamo, kandi ntiyahinduye ikipe y’abakinnyi bakorana. Ati “Ni ugukomeza, mu gihe nta kintu kidukomye mu nkokora.”

Yavuze ko amaze gushora amafaranga menshi mu ikorwa ry’iyi filime, biri mu mpamvu zituma atasubiza inyuma amaso ngo arebe urugendo anyuzemo. Kuri we, iki ni iki gihe cyo kureba ibiri imbere ‘kugirango ndusheho gukora ibisabwa’. Ati “Ni amafaranga menshi cyane nubwo ntashobora kuvuga umubare.”

Uyu mugabo agaragaza ko ari gukabya inzozi ze, kuko kuva akiri mu mashuri yisumbuye yakundaga gukina filime cyane kurusha umuziki. Yamamaye cyane ubwo yakinaga muri filime ‘Inshuti Friends’ akomereza muri filime ‘Seburikoko’.

‘Seburikoko’ ayivuga nka filime yamuciriye inzira, ituma izina rye rimenyekana kandi yayikuyemo ubumenyi bwamutumye ‘nanjye niyemeza gukora filime yanjye’. Ati “Ni uko nanjye niyemeje gukora filime ‘Ngunda’ nyuma y’uko amasezerano yanjye yari arangiranye na ‘Seburikoko’.

Ama G avuga ko nk’umwe mu bemera ko amahirwe abaho, yizera ko igihe kimwe filime atunganya zizagera ku rwego rwo guhatana mu maserukiramuco.

Avuga ko nk’umunyamuziki, bijya bibaho ko umuntu ashobora gukora indirimbo igakundwa cyane, ariko yakongera gukora indi ntikundwe. Kuri we ‘ikintu cya mbere ni ukudacika intege’. Ati “Ibi bintu mbikora mbikunze. Mbikora mu buryo bwo kugirango tuzamure izindi mpano, natwe nk’uko batuzamuye.”

Uyu mugabo yavuze ko kuba hari filime zihatana mu maserukiramuco ‘ari igihe cy’umuntu kiba cyageze’ ariko ‘nabyo mbambitekereza’.

Yavuze ko abatwaye ibikombe n’abafite filime zagaragajwe mu maserukiramuco babikesha kuba barateguye neza ‘kubona ababashyigikira, kubona inkunga, kuba ibikorwa byabo bitambuka mu itangazamakuru n’ibindi’.

Ati “Ni uko mbitekereza. Ariko icya mbere ni ukudacika intege, bibe uyu munsi cyangwa ntibibe, icya mbere ni ugukorera abantu bawe bagukunze mu bintu ukora.”

Ama G The Black asobanura ko yatangiye umuziki nk’amahitamo ya kabiri, kuko muri we yiyumvagamo gukora filime kurusha ibindi byose.

Ati “Umuziki nawutangiye ariko nkunze gutanga ubutumwa bwumvikana. Ni uko nta bushobozi nari mfite bwo gutangira filime niho nari guhera. Ariko kandi byose ni kimwe. Nafashe injyana ndirimbamo filime, buriya indirimbo zanjye zijya kumera nka filime.”


Ama G The Black yatangaje ko gukora umuziki byabaye amahitamo ya kabiri nyuma ya filime


Ama G The Black avuga ko ashingiye ku bumenyi afite, byatumye akora umuziki mu buryo bumeze nka filime, kuko ari ibintu yakunze kuva akiri ku ntebe y’ishuri 


Ama G The Black yatangaje ko afi inzozi z'uko filime akora zizahatana mu maserukiramuco

KANDA HANO UREBE IBICE BISHYA BYA FILIME ‘NGUNDA’ YA AMA G THE BLACK

"> 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MWANA WA MAMA' YA  AMA G THE BLACK

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND