Abashakashatsi bavuga ko umuntu amara nibura kimwe cya gatatu cy’ubuzima bwe asinziriye ndetse ko gusinzira ari kimwe mu bifitiye umubiri wa muntu akamaro kandi buri munsi.
Igihe umuntu asinziriye ashobora kubona inzozi
zitandukanye ndetse nyinshi mu gitondo ziba zibagiranye. Abantu
benshi biganjemo igitsina gabo barota barwana ndetse bamwe bakaba bakubita abo
baryamye hamwe.
Mu gihe bamwe bavuga ko inzozi zo kurota umuntu
arwana zigaragaza kuba umunyambaraga no kwigirira icyizere mu byo ukora,
abashakashatsi bavuze ko ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ihungabana
Mu bundi bushakashatsi bwakozwe n'umushinga MEMOTV, bwagaragaje
ko ihungabana umuntu yahuye naryo nko gutotezwa akiri mu nda ataravuka, kuvukira
ku mubyeyi utotezwa, gukura nta nshuti cyangwa abantu bakureberera bakwereka
urukundo, ukimenyera byose n’igihe utarashobora izo nshingano bituma habaho
guhungabana mu ntekerezo ukabaho udatekanye.
Inzozi akenshi zigaruka ku byo umuntu acamo,
intekerezo zikomeye wiriwemo, niyo utazirota ukarota ibihe bigukomereye cyangwa
ukarota uhangana n’ibindi bikurusha imbaraga.
Mu by'ukuri abavuze ko umuntu urota arwana aba ari
umunyamabaraga ntabwo babeshye kuko akenshi aba arwana yifuza kudatsindwa no
kuneshwa n’ibintu bimuremereye.
Izi nzozi zishobora kuba ku bana bato bitewe n’ibintu
bidasanzwe birimo imihindagurikire y’ikirere, kurererwa aho batavukiye bagakura
babwirwa ko ubuzima buzabagora n’ibindi.
Nk’uko umushakashatsi w’ubwenge Jim Davies abivuga,
abantu benshi barota bahanganye n’ibikomeye, barwanisha inkota, bakubita abanzi
kandi wenda bahanganye n’ibibazo birimo inguzanyo ziremeye, ibihe bibagoye by’inyubako,
amakimbirane y’umuryango ashobora kuzamo
n’imirwano n’ibindi”.
Uyu muntu yakagombye kurota atoragura amafaranga
kugira yishyure inguzanyo imuhangayikishije cyangwa akarota yabonye inyungu
nyinshi igiye guhaza kwifuza kwe, gusa bikarangira arose arwana agakubita abo
baryamye hamwe kandi wenda yumvaga arwana n’inyamaswa.
Bamwe bararwana barota bagakomeretsa bagenzi
babo, bagakurwa amenyo, abandi bakarota ndetse bakanabyuka bakangiza nk’ibikoresho biri mu
cyumba babyifashisha barwana . Ibi bishobora gutera abantu ubwoba bakagira ngo
umuntu yagize ibibabo byo mu mutwe kandi ari muzima.
Ubwonko bwacu
bushobora kubika amakuru menshi agereranywa m’inyenyeri. Nk’uko urubuga rwa
NorthWesternMedicine.org rubitangaza. “Ubushobozi bw’ubwonko mu kubika bufatwa nkaho butagira imipaka. Ubushakashatsi
bwerekana ko ubwonko bw'umuntu bugizwe na miliyari 86 za neuron [neuro niyo
igenzura ibikorwa byose by’umubiri birimo kury, kugenda, kuryama n’ibindi].
Psych Central ivuga ko kurota urwana bigaragaza ko
umuntu arwana n’intekerezo zikomeye, bikagaragaza ko hari ibibazo byirengagijwe
bitarakemurwa bigakomeza kubangamira intekerezo, ndetse bikagaragaza ko hari
amakimbirane ari mu buzima bw’uwo muntu niyo byaba bitamugaragaraho.
Intekerezo za muntu zimenywa na we abandi babona
ibigaragara inyuma ku mubiri. Umuntu ashobora kwigaragaza nkaho ameze neza nta
kibazo afite, nyamara yaryama akarota ashikagurika.
Ni mu gihe urubuga rwa Quora rutangirwaho
ibitekerezo rwavuze byinshi kuri izi nzozi, ariko umwe asobanura ko kurota
urwana cyangwa uhanganye, bigaragaza ko hari ibintu usunikira kure udakeneye mu
buzima bwawe.
INAMA:Igihe cyose uraranye n’umuntu urota cyangwa wahuye n’ibihe bimukomereye by’inzozi ntusabwa kumurwanya, kuko abakoreshwa n’imbaraga atazi atanasobanukiwe aho zituruka, ku buryo yanakwica kandi arota. Ni byiza kumutwara gahoro ndetse agahita yibutswa ko ari kurota, kandi akabwirwa mu ijwi rituje utamurwanya yaba mu magambo cyangwa hakoreshwa ibindi bikoresho umuturisha.
TANGA IGITECYEREZO