RFL
Kigali

Iragura 77,000 Frw! Trump mu bucuruzi bwa Bibiliya yise "Imana Ihe Umugisha Amerika"

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:28/03/2024 15:25
0


Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donard Trump yatangije ubucuruzi bwa Bibiliya “Imana Ihe Umugisha Amerika” bituma benshi batekereza ku bihe amaze iminsi anyuramo by’imanza byamuteye gutakaza akayabo k’amadolari kubera amande.



Mu busobabanuro Trump yatanze ku byamuteye gutangiza ubu bucuruzi bwa Bibiliya, yavuze ko Amerika ikabije mu kwishora mu byaba no gutera Imana umugongo bagakora ibyo bishakiye, ari nabyo byamuteye gutangiza iyi gahunda.

Iyi Bibiliya iri kugura umugabo igasiba undi yahawe agaciro k’Amadorari 59.99 (77,327 Frw), ndetse ikaba igaragaramo inyikirizo y’indirimbo 'God Bless The USA' yaririmbwe na Lee Greenwood, Kopi y’Itegeko Nshinga n’ijambo ry’ubwigenge bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yasobanuye byinshi ku bucuruzi yatangiye akoresheje urubuga yashinze rwa Trust Social agira ati “Icyumweru cyiza gitagatifu! Reka tugarure ijambo ry’Imana muri Amerika. Ubwo twerekeza mu munsi mukuru wa Pasika ndabasaba kugura Bibiliya ya ‘God Bless The Usa’.

Uyu mugabo umaze agihe yiruka mu manza yakomeje agira ati “Abenshi muri mwe ntimwigeze musobanukirwa iri jambo ry’Imana, ndetse ntimwasobanukiwe n’uburenganzira  n’umudendezo mwahawe ariko  mushobora kwamburwa ku gihugu cyanyu! Mukeneye iri jambo”.

Iyobokamana n’ubukiristo biri mu bintu bidakorwa muri Amerika ariko dukwiye kubigarura vuba na bwangu”.

Ibi bibaye nyuma y'uko Donard Trump anyuze muri byinshi bimugoye birimo kwishyura amande ya Miliyoni 175 z’amadolari mu minsi 10 abitegetswe n’urukiko rwa New York, ku bwo gutangaza amakuru atari yo ku mutungo we. Yabwiwe ko narenza iyo minsi azishyura Miliyoni 454 z’Amadolari.

Ibi byatumye hatekerezwa ku bihombo yagize bikomeye bikaba byamutera gutangiza iyi gahunda yikura mu madeni n'ibindi bihe bibi yanyuzemo nk'uko byatangajwe na Associated Press.


Source: NPR






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND