RFL
Kigali

Akari ku mutima n’ibanga rya Rusine Patrick wemeje abantu muri Seka Live-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:31/05/2022 11:04
1


Umunyarwenya Rusine Patrick yatangaje ko n’ubwo abantu bamaze kugenda bacengerwa n’inganzo ye y’urwenya, akomeza kongera urwunyunyu ku kuntu yigaragaza imbere y’abantu baba bamuhanze amaso akaba ari naryo banga rye.



Uyu munyarwenya uri mu bagezweho yemeje abantu mu gitaramo cya Seka Live cyabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 29 Gicurasi 2022 cyabereye kuri M Hotel abantu bagataha bikanda imbavu.

Yaserutse ku rubyiniro abanza kubyina indirimbo, ubundi yisanisha n’umuntu wasinze atera urwenya karahava.

Akigera imbere y’abantu yarababwiye ati: “Nimuseka cyane ndabyibagirwa.” Yabwiye abazungu ko agiye gukoresha Ikinyarwanda cyumutse, ku buryo nta kintu bari butahane mu byo avuga akoresha amagambo arimo nka ‘Ingutu’ n’ibindi.

Yabanje kuvuga amategeko y’abasinzi arimo ko bibagirwa vuba. Abara inkuru y’ukuntu yagiye kugura isanduku yo gushyingura Sekuru ariko mu gihe ategereje ko bayikora akajya kugama izuba ku kabari agafata kamwe akaza no kwishyura umukobwa bakaryamana.

Iyi nkuru yayibaze mu buryo bwanogeye benshi. Kuko yagiye yifashisha izina rya Andy Bumuntu ndetse na Dj Pius.

Byageze aho Dj Pius akorwa ku mutima n’uyu musore yegera urubyirino maze amuhundagazaho amafaranga, asoje nabwo yamusuhutseho andi mafaranga.

Nyuma y’igitaramo, Rusine yabwiye INYARWANDA ko Seka Live ari cyo gitaramo cya mbere akoze nyuma ya Covid-19 kitabiriwe n'abantu benshi nyuma y'ibitaramo amaze iminsi agaragaramo bya mugenzi we Fally Merci.

Avuga ko yanyuzwe n'uburyo abantu bamwakiriye muri Seka Live.  Ati "Ndishimye, ndishimye cyane ariko. Iki n'icyo gitaramo cya mbere kuva Covid-19 yakwaduka kirimo abantu benshi nagaragaye no kwa Merci.”

Uyu munyarwenya yavuze ko iki gitaramo cyamuhaye ishusho y'itandukaniro rye n'ahahise ubwo yinjiraga mu batera urwenya. Avuga ko abantu bamuzi, kandi bari kumuha umwanya wo kumwumva. Ibintu yishimira.

Uyu munyarwenya avuga ko gusetsa imbaga y'abantu, bisaba 'kubanza kubemeza ugitangira' kuko ari bwo bakwizera iyo ari bwo ugitangira.

Rusine avuga ko asanga abantu bamuzi, ariko ko atirara ahubwo ategura ibyo ari buganirize abantu, akajyanisha no kubyina ari ryo banga yubakiyeho.

Ati "Ngize amahirwe nsanga banzi, ariko nanjye ntabwo mbatenguha. Iyo ngiye kuri 'stage' ari bwo bwa mbere ikintu cya mbere nkora ni ukubyina kandi kubyina neza bya nyabyo... Nkora imyitozo kugira ngo nze kubyina, nkihugura."

Uyu munyarwenya avuga ko iyo amaze kubyina ari bwo ahita yanzika mu gutera urwenya. Yavuze ko impamvu abanyarwenya batera urwenya ku bantu bazwi baba bitabiriye igitaramo ari ukugira ngo urwenya rwumvikane neza.

Yashimye Dj Pius wamuhaye amafaranga, avuga ko umuco wo gutanga amafaranga mu bitaramo by’urwenya atari umuco Abanyarwanda barafata.

Rusine yavuze ko ubu arajwe ishinga no gusoza amasomo ye muri Kaminuza aho ari mu mwaka wa kane mu ishami ry'ubuzima bwo mu mutwe n'Ubumenyamuntu, kandi ko muri uyu mwaka ari bwo yandika igitabo cye.

Yavuze ko muri iki gihe ari umunyamakuru wa Power FM. Kandi ko ashyize imbere gukora cyane muri filime n’ibindi bikorwa ahuriramo na Mugisha Emmanuel [Clapton]. 

Rusine yavuze ko umwihariko we ari uguseruka abyina, kandi ko abanza kubyitoza mbere y’uko agera imbere y’abantu

 

Rusine yashimye Dj Pius n’abandi bamuhaye amafaranga agera ku bihumbi 67 Frw 

Rusine yatangaje ko yishimiye kuba abantu bari kumwakira nyuma y’igihe amaze mu batera urwenya 

Rusine yatangaje ko ashyize imbere mu kunoza filime ‘Mugisha na Rusine’ ahuriramo na Clapton 

Muri iki gihe, Rusine Patrick ni umunyeshuri muri Kaminuza aho yiga mu mwaka wa kane

KANDA HANO WUMVE ICYO RUSINE YATANGAJE NYUMA YA SEKA LIVE

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntakirutimana 7agmai.co1 year ago
    Rusinewe ndakwemera





Inyarwanda BACKGROUND