RFL
Kigali

Ninjye Perezida w’udushya mu Rwanda naraduhimbye banjyana i Ndera ntasaze- Senderi

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:12/07/2015 22:46
5


Umuhanzi Senderi International Hit wamenyekanye ku yandi mazina menshi ndetse cyiyongera uko iminsi ihita n’indi igataha, ahamya ko ari we uyoboye abandi bahanzi bose bo mu Rwanda mu kugira udushya tw’umwihariko n’ubwo rimwe na rimwe agenda bibabarizwamo ndetse bamwe bakamufata nk’ufite ikibazo mu mutwe.



Ibi Senderi yabitangarije mu kiganiro Sunday Night aho yasobanuraga ibihe bitandukanye yanyuzemo muri muzika ye ngo itere imbere abe ageze ku rwego ariho ubu maze nyuma yo kuvuga inzira ndende yaciyemo ahamya ko ari perezida w’udushya ndetse ko n’undi wabigerageza abaturage badashobora kumwemera.

Mu nzira ndende kandi irimo ibivunanye byinshi Senderi yasobanuye ingorane nyinshi yahuye nazo dore ko ngo kugira ngo atangire umuziki we yagurishije isambu ye yari ihinzemo urutoki ngo abashe gutangira. Senderi ariko ahamya ko n’ubwo byamugoye igihe kinini yageze ku musaruro ushimishije urimo no kuba ubu yifiteho umwihariko w’udushya tutagira abandi.

Ubwo bahataniraga kwinjira mu 10 bazitabira Guma Guma y'uyu mwaka Senderi yaje mu kintu cyubatse nk'icupa rya prirmus

Yagize ati “Nashatse guhimba umwihariko narebeye ku bahanzi bo muri Amerika ni gute mu ma Awards yabo(itangwa ry’ibihembo)n’uburyo babyitwaramo nibaza niba ndamutse mbikoze mu Rwanda byashoboka. Narabihimbye ndatukwa, narabihimbye ndagwa, narabihimbye banyita umusazi, narabihimbye banjyana i Ndera ntasaze, kugeza igihe abantu babonye ukuri.”

 Senderi

Aha Senderi yari imbere y'abafana be mu gitaramo cya Guma Guma, i Nyamirambo  

Yakomeje agira ati “Urwo ni uruganda nashinze, rwanjye n’uzarwiyitirira tuzabipfa. Ninjyewe Perezida w’udushya mu Rwanda. Nuzabisahaka azabanza kunshaho. Uzabihimba ntabwo abaturage bamwemerera.”

Senderi ahamya ko udushya twe twamugaruriye umubare munini w'abafana. Aba ni abafana ba Rayon Sports na APR FC berekanye ko bifatanyije mu kumushyigukira kandi ubusanzwe ari abakeba bakomeye

Senderi International Hit ni umuhanzi wamenyekanye cyane mu bihangano bijyanye na gahunda za Leta nko kwibuka, kwibohora, ibikorwa remezo n’izinda gahunda za leta zitandukanye ariko kandi akaba afite n’izindi ndirimbo zitanga ubutumwa butandukanye nk’urukundo ndetse n’ubundi butumwa bw’ubuzima busanzwe.

Reba hano indirimbo ‘Icyumvirizo’ ya Senderi International Hit 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • No nned9 years ago
    Niqquh Aint Serious Fr
  • Sangara9 years ago
    Akwiye igihembo .mubihembo bitangwa murwanda hagakwiye kongerwamo umuhanzi wazanye udushya kuko byatuma muzika cg ibindi birori bitegurwa hazamo kujya kureba wumva kuri burebe nagakoryo hhhhhhhhhh senderi namubonye imusanze yaje ameze nkingagi hhhhh ndishima
  • Dudu9 years ago
    Bjr !! Nshimye uyu munyamakuru wakoze iyi nkuru. icyanciye mubitaramo byo murwanda ahanini ujya kureba umuhanzi ugasanga uko yaje mukwezi gushize ninako mukundi yaje yambaye ukayoberwa niba adatekereza icyo yahindura ho . Kuri uyu senderi aragerageza nubwo Mu Rwanda umuco wacu utwereka ko gukora udushya ngo uba wasaze niyo mpamvu mubona atukwa cyane ariko abamukunda bakiyongera
  • Ntayoka sr9 years ago
    HIT NIWE MUHANZI WAREBA UKUMVA NTUHOMBYE KABISA SONGA MBERE HIT NI HIT ABAMWITA KO ARI UMUSAZI NTIBAMUZI.NIZANJERISI ZINGIRWABAHAZI AGENDA ARUSHA IMIHIGO BAMUSEBYA BOKABURINKA
  • Ntayoka sr9 years ago
    HIT NIWE MUHANZI WAREBA UKUMVA NTUHOMBYE KABISA SONGA MBERE HIT NI HIT ABAMWITA KO ARI UMUSAZI NTIBAMUZI.NIZANJERISI ZINGIRWABAHAZI AGENDA ARUSHA IMIHIGO BAMUSEBYA BOKABURINKA





Inyarwanda BACKGROUND