Kuva mu isi yaremwa ntabwo ari kenshi igitsinagore cyagiye kigaragara gisa n'igifite ijambo, gusa mu minsi ya none barasa n'abafite ijambo ryo ku rwego rwo hejuru. Muri iyi nkuru tugiye kureba ibihugu biyoborwa n’abagore ndetse n’iterambere ryabo mu miyoborere.
Mu ihangana riboneka muri politiki ku isi, ahanini mu myanya y’icyubahiro nko kuba perezida, cyangwa se minisitiri w’intebe, n’indi myanya ikomeye, ahanini wasangaga yikubiwe n’abagabo gusa, cyangwa se umubare wabo ufite ubwiganze bwinshi. Gusa, ibyo ntibikuraho ibimenyetso by’amateka ko kuva na kera abagore bahoze mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi.
Za guverinoma, imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore, ndetse
n’ abandi, ubu bashishikajwe no guha umugore umwanya mu nzego: z’ubuyobozi, mu
madini, mu burezi, ubucamanza n’ubutabera, umutekano, ndetse n’ahandi. Muri
iryo rushanwa, risaba ko buri wese ashyira imbere ibyo azageza ku baturage,
hanyuma banyurwa bakamutora, byagaragaye ko igitsina gore nacyo mu bukeya
buhari, bagerageza guhangana, kandi bakanatsina bagenzi babo; abagabo.
Gihamya y’ibi turayishakira mu Majyepfo y’Amerika, Argentina ubwo yaburaga Perezida wayo Juan Perón, waje gusimburwa n’uwari visi perezida we. Uretse kuba yari Visi Perezida wa Juan Perón, yari n’umugore we gatatu, yashatse ari mu buhungiro i Madrid. Isabel Perón (Isabel Martínez de Perón), nyine wari visi perezida wa Argentina guhera 1973-1974. Ubwo gusimbura umugabo we witabye Imana, byahise biba muri Nyakanga 1, 1974.
Isabel,
bivugwa ko yagiye ku mwanya wo kuyobora Argentina nka perezida atabitorewe.
Ibyo, byahise bimugira perezida wa mbere w’umugore mu mateka y’isi. Gusa,
ntabwo umwanya wa perezida wamworoheye, kuko hadaciye imyaka itarenga ibiri, Isabel, yari amaze gukurwa ku mwanya wa
perezida n’umutwe wari witwaje intwaro.
Kuri
mikoro, ni Isabel Peron wabaye perezida wa Argentina/ amp.ft.com
Gusa, kuba hari habonetse perezida w’umugore, ibyo byari bihagije ngo n’abandi babyigireho, abatabemereraga, bahindure imyumvire, ndetse n’abagore bitinyaga, ngo batangire bitinyuke, hanyuma bagaragare muri iyo myanya y’icyubahiro. Byaje kugenda gutyo koko. N’ abandi babyigiyeho, abagore baraboneka.
Ingero ni
nka: Perezida wa Philippines, Corazon Aquino, wayoboye kuva mu 1986-1992,
akaba ariwe perezida wa mbere w’umugore wabayeho muri Asia. Undi twavuga ni nka, Vigdís
Finnbogadóttir,
uyu akaba yarabaye Perezida wa Iceland kuva mu 1980 kugera mu 1996. Byamugize umugore
wa mbere ubaye perezida muri Iceland, ndetse n’umugore wa mbere watorewe kuba
perezida mu mateka y’ isi. Wibuke ko Isabel
Perón, bivugwa ko yayoboye hatabayeho amatora.
Abagore mu buyobozi, ntabwo
bagarukiye ku mwanya wa perezida gusa, kuko hari n’ababaye ba minisitiri b’intebe, abadepite, abacamanza, ndetse n’izindi nzego z’ubuyobozi
zitandukanye. Aha, turagaruka kuri bimwe mu bihugu ku isi ubu biyobowe n’abagore.
1. Slovakia
Umucamanza, ndetse akaba mushya
mu bya politiki, ku majwi agera kuri 58% mu matora yo muri Slovakia Caputova, yatsindiye
kuba perezida, bituma aba umugore wa mbere uyoboye iki gihugu. Zuzana Caputova, ku myaka 45 y’amavuko,
ibyo binamugira perezida muto uyuboye Slovakia mu mateka. Akaba ayoboye iki
gihugu gituwe n’abagera muri miliyoni 5 n’imisago muri uyu mwaka (2019).
2.
Nepal
Bidhya
Devi Bhandari,
Umubyeyi w’ abana 2, akaba n’ umugore wambere uyoboye iki gihugu. Uyu mwanya w’
icyubahiro, akaba awufite kuva mu Ukwakira, 2015, ndetse akaba n’ ubu akiri
umuyobi w’ iki gihugu.
3.
Singapore
Ku wa 14 Nzeli, 2017, ni bwo Halimah Yacob, yarahiriye kuba Perezida
mushya wa Singapore, wari uturutse mu bwoko bwa Malay, ubwo, aba abaye umugore wa mbere uyoboye Singapore, ndetse
unaturuka muri ubwo bwoko. Halimah,
akaba ari we ukiyoboye iki gihugu.
4.
Taiwan (Republic of China)
Mutarama 16, 2016, Perezida
mushya wa Taiwan ko yabonetse. Hanyuma, Gicurasi 20, uwo mwaka nyine, Tsai Ing-wen, aba ararahiye, ajya mu biro
bya perezida. Uyu, yaje kuba Perezida wa mbere w’umugore uyoboye Taiwan, ndetse
n’umuntu wa kabiri watsinze amatora ya Perezida adaturuka mu ishyaka rya KMT.
5. Croatia
Mu Uburayi, ni ho usanga iki
gihugu. Gituwe n’abarenga miliyoni 4. Kolinda Grabar-Kitarović ni we mugore wa mbere watorewe kuba Perezida wa Croatia ndetse ni nawe muntu muto uyoboye iki gihugu. Uyu, ni perezida wa Croatia kuva mu 2015.
Kugeza ubu, aracyari umuyobozi muri iki gihugu.
6.
Georgia
Iki, ni igihugu gikora ku Burengerazuba bwa Asia ndetse n’Uburasirazuba bw’Uburayi (Europe).
Abagituye, babarirwa hejuru ya miliyoni 4. 2004, perezida Mikheil Saakashvili yashyizeho Salome
Zurabishvili, nka minisitiri w’ububanyi n’amahanga. Ubwo, nibwo yaje
kumenyekana cyane mu ruhando mpuzamahanga. Nyuma, yaje guhinduka perezida, ubwo
yagaragazaga ko ari umunyagitugu. Ubwo, Salome,
yaje guhatanira umwanya wa perezida nk’umukandida wigenga, mu 2018. Yahakuye
intsinzi, imuhesha kuyobora iki gihugu muri manda y’imyaka 6. Salome Zurabishvili, ubu, ni Perezida wa
Georgia, wabaye umugore wa mbere uyoboye iki gihugu.
Queen
Elizabeth II (Umwamikazi Elizabeth II)
Gashantare, 2017, Elizabeth II
yarimo yizihiza imyaka 65 amaranye ikamba ry’ubwamikazi. Imyaka ni myinshi,
ariko birumvikana kuko yavutse mu mwaka 1926. Ubwo muri uyu turimo, afite
imyaka 93. Uyu, ni Umwamikazi w’Ubwongereza. Byiyongeye kandi, inshingano
zikomeza no mu muryango ‘Commonwealth’.
N’ubwo iyi nkuru yagaragaje
bamwe mu bagore bagaragara mu myanya y’icyubahiro, ahanini ya politiki,
ntibikuraho ko hari indi myanya yaba iya politiki, ndetse n’indi nko kuba
umuyobozi wa minisiteri runaka, cyangwa se akaba yaba umuyobozi w’ kigo. Ibyo
byose rero, ni ibigaragaza ko n’abagore bahari, bakora, ndetse ko banashoboye.
Ku bw’ibyo rero, abagore ntimwitinye, murashoboye.
Src: Britannica.com, nlb.gov.sg, dw.com, bbc.com,
royal.uk, Inyarwanda.com
Umwanditsi: Faridi Muhawenimana-Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO