Mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), imikino yo kwishyura yageze ku musozo nyuma y’iyeserurana ry’amakipe y’ibigugu. Patriots BBC na REG BBC zigomba guhurira ku mukino wa nyuma kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Kamena 2019 (20h00’).
Ikipe ya
Patriots BBC yageze ku mukino wa nyuma itsinze umukino mpuzamahanga kuko
yabanje gutsinda BC Terreur (DR Congo) amanota 78-70 mu mukino wa ½ cy’irangiza
wabaga ku mugoroba w’uyu wa Gatanu.
Umunota wo kwibuka mbere gato y'umukino
Ikipe ya BC Terreur ni ikipe ikomeye
REG BBC yageze
ku mukino wa nyuma itsinze APR BBC amanota 76-73 bityo ikatisha itike igana ku
mukino wa nyuma aho izaba irwana no kwisubiza igikombe yatwaye mu 2018.
Umukino wa
Patriots BBC na Terreur BC wari ukomeye cyane kuko wasaga naho ariwo wa nyuma
muri iri rushanwa kuko abarebye uyu mukino baryohewe n’ubuhanga bw’abakinnyi
barimo; Mike Buzangu, Sagamba Sedar na Nijimbere Guibert bari mu ikipe ya
Patriots BBC.
Patriots BBC
yari ibizi ko Terreur BC ari ikipe ikomeye kuko bakurikiye umukino wa nyuma mu
itsinda rya mbere wabahuje na REG BBC. Icyo gihe REG BBC yatsinze amanota
77-70.
Nyuma yo kuba abarakurikiye uyu mukino, Patriots BBC yaje itsinda amanota ajya kungana n’ayo
REG BBC yatsinze kuko batsinze amanota 78-70 (12-17, 24-15, 21-17 na 21-21).
Muri uyu
mukino, Mike Buzangu (Patriots BBC) yatsinze amanota 24, Bayombo Patrick
(Terreur BC) atsinda amanota 14 anganya na mugenzi we Bakajika Eddy mu gihe
Ndayisaba Dieudonne (Patriots BBC) yasaruye amanota 17 naho Nijimbere Guibert
(Patriots BBC) atsinda amanota 14.
Buzangu Mike yatsinze amanota 24 anerekana ko agifite umukino mwiza yahoranye
Umukino w'ingufu kurusha iyisanzwe ibera mu Rwanda
Mu mukino
wabanje, ikipe ya REG BBC yatsinze APR BBC amanota 76-73 (19-19, 17-12, 15-25,
25-17), Iyakaremye Emmanuel Zoulu (APR BBC) atsinda amanota 25 akurikirwa na
Beleck Bell (REG BBC) watsinze amanota 17 muri uyu mukino.
REG BBC yageze ku mukino wa nyuma wa GMT 2019
REG BBC na APR BBC bakinye mbere ya Patriots BBC na BC Terreur
Kaje Elie
(REG BBC) yatsinze amanota 11 mu gihe Kami Kabange Milambwe (REG BBC) yatsinze
amanota icumi (10). Mbanze Bryan (APR WBBC) yatsinze amanota 12 ayanganya na
Niyonkuru Pascal Kaceka (APR BBC) nawe watsinze amanota 12.
REG BBC na APR BBC byari imbaraga zo gushaka itike y'umukino wa nyuma
Dore uko imikino yagenze:
FT: Patriots BBC 78-70 BC Terreur BC
Q1: Patriots
BBC 12-17 Terreur BC
Q2: Patriots
BBC 36-32 Terreur BC
Q3: Patriots
BBC 57-49 Terreur BC
Q4: Patriots
BBC 78-70 Terreur BC
FT: REG BBC
76-73 APR WBBC
Q1: REG BBC
19-19 APR BBC
Q2: REG BBC
36-31 APR BBC
Q3: REG BBC
51-56 APR BBC
Q4: REG BBC
76-73 APR BBC
TANGA IGITECYEREZO