RFL
Kigali

E-cigarettes: Itabi rifite ingaruka mbi ku buzima

Yanditswe na: Muhawenimana Faridi
Taliki:22/01/2020 8:53
0


Ikoranabuhanga ntabwo ryasize inyuma bimwe mu byo abantu bakunda. Itabi rya tekinoroji (Electronic Cigarette), ubu ubushakashatsi bw’ ibigo batandukanye byita ku buzima biragaragaza ko iri tabi abenshi bita ko ryabakura ku gukoresha itabi risanzwe, ko naryo rifite ingaruka ku buzima, yewe zijya kungana n’izisanzwe.



Iri ni itabi rimeze nk’ itiyo, cyangwa se ikaramu. Imiterere yaryo iri mu bikurura urubyiruko mu kurikoresha. Ni itabi rikoreshwa kenshi cyangwa se rikaba ryanajugunywa bitewe n’ ubwoko. Bigaragazwa ko hariho n’ iryo bashyira ku muriro—nk’uko bacomeka telefone.

Intekerezo zo gutangiza iri tabi zabaye ahagana mu mwaka wa 1963, zizanywe n’ umugabo witwaga Herbert A. Gilbert. Gusa muri icyo gihe ntabwo byakozwe, kugeza mu mwaka wa 2003, ubwo Umushinwa, Hon Lik yakoraga iri tabi bwa mbere.

Kuri ubu, impuguke ku bijyanye n’ Ubuzima ziragaragaza ko iri tabi rifite ingaruka nk’ iz'itabi risanzwe. Mu nyandiko yashyizwe hanze n’ Umuryango wita ku buzima ku Isi (World Health Organization), igaragaza ko ubu bwoko bw’ itabi—buzwi nka Electronic Nicotine Delivery Systems (ENDS)—ko bufite ingaruka zihambaye ahanini ku rubyiruko.

Bagaragaza ko bitewe n’ uko umuntu urimo akuri, mu myaka ya 20 aba akirimo gukura mu bwonko. Byiyongeye kandi, iri tabi nk’ andi yose ryongera ibyago byo kurwara indwara z’ umutima, ndetse n’ ibihaha. Nk’ ibisanzwe, ikoreshwa ry’ iri tabi ku mubyeyi utwite bigira ingaruka ku ikura ry’ umwana munda. Ikibabaje, ni uko uko abantu bakoresha iri yabi mu mbaga y’ banatu, baba bongerera abatarikoresha ibyago byo kurikoresha nabo.

Kugeza magingo aya, ibibazo by’ iri tabi biracyari gukorerwa ubushakashatsi. Gusa mu mibare igaragazwa na CDC, yerekana ko tariki 10, Ukuboza, 2019, hagaragaye abarwayi 2409, ndetse haboneka n’ ipfu z’ abagera kuri 52 muri Amerika. Ubwo ni mugihe raporo yari yasohowe mu mwaka wa 2014 yagaragazaga ko Abanyamerika bakuze bakoresha ubu bwoko bw’ itabi bari ku kigero cya 3.7%

Umuryango wita ku buzima ku isi (WHO), ugaragaza ko kuba abantu bakoresha iri tabi rya tekinoroji (Electronic Cigarette) mu rwego rwo kuva ku itabi risanzwe ngo ataribwo buryo buboneye bwo kuva ku itabi, kuko n’ iri tabi baryo ribamo ubrozi buboneka mu itabi ubu ryabaye gakondo kuri bamwe. Ubwo burozi ntabundi ni ‘nicotine’.

Urubyiruko nk’ urwibasiwe n’ ibyangiza byinshi, ubu bwoko bw’ itabi burakoreshwa n’ aagera kuri miliyoni 3.6 bari mu mashuri yisumbuye hagati y’ imyaka ya 2017 na 2018.

Inama ibi bigo by’ Ubuzima biha guverinoma ndetse na rubanda muri rusange, ni uko harwanywa ikoreshwa ry’ ibi bintu byangiza Ubuzima bw’ abatari bake, hakoreshwa uburyo bwizewe ku bashaka kuva ku itabi.

Src: cdc.gov, who.int, psychologytoday.com, atr.org, medicalnewstoday.com, fda.gov






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND