RFL
Kigali

Bwa mbere mu mateka, Cristiano Ronaldo na Messi bahora bahanganye bashobora gukina mu ikipe imwe

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:14/04/2015 11:06
2


Bwa mbere mu mateka y’isi , abakinnyi bakomeye mu rihago y'isi ndetse bahora bahanganye Cristiano Ronaldo na Lionel Messi bashobora kuzakina mu ikipe imwe nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru El Mundo Deportivo.



Nkuko iki kinyamakuru kibitangaza, aba bombi bashobora kuzahurira mu mukino wateganyijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru i Burayi, UEFA. Uyu mukino ukaba biteganyijwe ko wazahuza abakinnyi bakomeye bo mu mashampiyona yo kuri uwo mugabane nkuko bijya bigenda  mu mukino  w'intoki wa Basketball muri Leta Zunzwe ubumwe za Amerika ahakinwa All Star Game.

 

Iri banga ry'umushinga UEFA ifite wo guhuza abakinnyi bakomeye muri ruhago y'i Burayi ryahishuwe n'ikinyamakuru

Uyu mushinga wa UEFA uramutse ushyizwe mu bikorwa, umukino wazahuza abakinnyi bakomeye muri ruhago y’I Burayi wazaba muri 2017.Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bakaba baza hurira mu ikipe imwe y’igice cy’Uburayi bw’Amajyepfo. Aba bakinnyi bakaba bazafatanya na bagenzi babo baturutse muri shampiyona y’Ubutaliyani (Serie A)ndetse no mu Bufaransa(Ligue 1) bagahatana n’abaturutse muri shampiyona y’Ubwongereza(Premier League),Shampiyona yo mu Budage(Bundesilga) ndetse n’iyo mu Burusiya.

Urugero rw’abakinnyi baba bagize amakipe yazaba ahanganye:

Uburayo bw’amajyaruguru: Neuer, Terry, Hummels, Alaba, Robben, Di Maria, Silva, Reus, Alexis Sanchez, Agüero, Hazard.
Uburayi bw’amajyepfo: Buffon, Danilo, Ramos, Piqué, Thiago Silva, Messi, Pogba, Kroos, Neymar, Ibrahimovic, Cristiano Ronaldo.

Mu batoza bari guhabwa amahirwe yo kuba batoza aya makipe ku isonga hari kuza Jose Mourinho kuri ubu utoza ikipe Chealsea  yo mu gihugu cy'Ubwongereza na Carlo Ancelotti utoza ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne.

Mu makipe yabo baba bahanganye


Basuhuzanya nk'abakeba

Byagera no mu ikipe y'igihugu bikaba uko

Cristiano Ronaldo ukinira ikipe ya Real Madrid na Lionel  Messi ukinira FC Barcelona bahora bahanganye, aho ndetse impaka z'umukinnyi waba urusha undi zitajya zirangira ku bakunzi b'aba bakinnyi cyangwa b'umupira w'amaguru muri rusange. Cristiano Ronaldo amaze kwegukana umupira wa zahabu(Ballon d'or) uhabwa umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku isi inshuro 3 naho Messi we awufite inshuro 4.

Renzaho Christophe

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    ikipe itarimo Rooney!
  • Razaq9 years ago
    No mwishuri bareba ufite amanota menshi kurusha undi ni kimwe nufite ballon dor nyinshi MESSI 4 CHRISTIANO 3





Inyarwanda BACKGROUND