RFL
Kigali

BASKETBALL: Hamuritswe uburyo shampiyona y'abana izakinwamo busa n'ubwa NBA-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:3/03/2018 23:38
0


Ku gicamunsi cy’uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Werurwe 2018 muri sitade nto ya Remera nibwo habaye ibirori byo kumurikira abakunzi b’umukino w’intoki wa Basketball uko gahunda ya shampiyona y’abana izaba iteye no kuganirira hamwe icyo izamarira itera mbere ry’uyu mukino.



Ni gahunda izaba ireba abana batarengeje imyaka 14 ariko bakazafata abana na none batari munsi y’imyaka icumi (10-14). Imikino izatangira muri uku kwezi kwa Werurwe kuzageza mu Ugushyingo 2018.

Iyi shampiyona igiye gukinwa bwa mbere mu Rwanda, izaba ihuza amakipe 30 y’abahungu na 30 y’abakobwa. Aya makipe uko ari 60 azaba ahatana agabanyijwemo ibice bibiri harimo icy’iburasirazuba n’iburengerazuba.

Muri iyi shampiyona kandi, buri kigo kizaba gihatana bazajya bambara umwenda ufite amabara y’imwe mu makipe yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akina muri shampiyona ya NBA.

Nyuma y’imikino y’amajonjora izaba yakiniwe mu gice cy’iburasirazuba n’iburengerazuba, buri gice kizazamura amakipe umunani (8) azajya kwisobanura mu mikino ya kamarampaka (Playoffs).

Nyuma ikipe zabaye iza mbere muri buri gice azahurira ku mukino wa nyuma uzakinwa mu Ugushyingo 2018 yaba mu bahungu n’abakobwa.

Muri rusange, iyi gahunda ifite intego yo kwigisha abana ubumenyi bw’ibanze mu mukino wa Basketball harebwe abana bakiri bato. Ibi bizagera ku bana barenga miliyoni 26 mu bihugu 71 biri ku isi biciye mu kubakoresha imyitozo, amahugurwa no gukina amashampiyona.

Haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu cy'u Rwanda

Haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu cy'u Rwanda

Mugwiza Desire umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) yavuze ko iyi gahunda ari ingenzi cyane kuko bizafasha abana gukura bakunze banazi neza uko Basketball ikinwa ari nako bagenda bigiramo ubundi bumenyi bubafasha mu gukunda igihugu no kwiga. Mugwiza kandi yashimye cyane NBA-Africa kuri gahunda bazanye mu Rwanda. Mugwiza yagize ati:

NBA Junior League yaje nk’ubufatanye bukomeye hagati ya FERWABA na NBA Africa. Ni amahirwe akomeye ku rubyiruko rwacu  kugira ngo bakuze banakomeze kuzamura urwego rwabo haherewe ku mpano bafite muri Basketball. Ni intangiriro nziza ku bana bacu bafite umutima wo gukina Basketball kugira ngo tuzagire ikipe y’igihugu ikomeye myaka iri imbere cyo kimwe n’amakipe (Clubs) akina umukino mwiza.

Mugwiza Desire perezida wa FERWABA yavuze ko iki gikorwa kigomba kubungwabungwa kuko ngo niryo zingiro rizatuma ikipe y'igihugu ikomera

Mugwiza Desire perezida wa FERWABA yavuze ko iki gikorwa kigomba kubungwabungwa kuko ngo ni ryo zingiro rizatuma ikipe y'igihugu ikomera

ferwaba

Uva ibumoso: Mugwiza Desire perezida wa FERWABA, John Ntagengwa Umunyabanga uhoraho muri MINISPOC na Amadou Galou Fall umuyobozi wa NBA-Africa

Uva ibumoso: Mugwiza Desire perezida wa FERWABA, John Ntagengwa Umunyabanga uhoraho muri MINISPOC na Amadou Gallo Fall umuyobozi wa NBA-Africa

John Ntagengwa umunyamabanga uhoraho muri Minisitere y’umuco na siporo mu Rwanda (PS/MINISPOC) yavuze ko mu busanzwe umurongo wa Guverinoma y’u Rwanda mu kuzamura siporo muri rusange ari uguhera mu bana bakiri bato.

Ntagengwa yashimye cyane abayobozi ba NBA kuri gahunda nziza bazanye mu Rwanda cyo kimwe n’abayobozi batandukanye mu nzego za siporo bafatanya na FERWABA mu guteza imbere umukino wa Basketball mu Rwanda. John Ntagengwa yagize ati:

Mfashe uyu mwanya ngo nshimire ubuyobozi bwa NBA ku mutima bagize wo gutekereza kuri gahunda yo kuzamura umukino wa Basketball mu Rwanda. Ndashimira Minisiteri y’uburezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuli badahwema gufatanya na FERWABA mu kunoza gahunda zo guteza imbere umukino wa Basketball mu Rwanda.

John Ntagengwa Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC atanga impanuro

John Ntagengwa Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC atanga impanuro

Ifoto y'urwibutso igaragaza abana n'abayobozi

Ifoto y'urwibutso igaragaza abana n'abayobozi 

Ferwaba

IPRC KIgali BBC yatsinze Espoir BBC mu mukino wo kuryoshya ibirori

IPRC Kigali BBC yatsinze Espoir BBC mu mukino wo kuryoshya ibirori

Amadou Gallo Fall Umuyobozi wa NBA muri Afurika yavuze ko gahunda bafite ari iyo gushyira ingufu mu iterambere rya Basketball y’isi biciye mu gutoza abana bakiri bato. Amadou Gallo Fall yagize ati:

Iyi gahunda yageze mu Rwanda ku bufatanye na FERWABA. Junior NBA ni gahunda yacu yagutse mu guteza imbere umukino wa Basketball ku isi. Ubu rero turi mu Rwanda. Mu busanzwe dufite miliyoni 26 z’urubyiruko mu bihugu 71 by’isi bizitabira iyi mikino. U Rwanda ruri mu bihugu 20 byatoranyijwe muri Afurika. Twashyize imbaraga mu guteza imbere Basketball duhereye mu bana.

Amadou Gallo Fall umuyobozi wa NBA-Africa

Amadou Gallo Fall umuyobozi wa NBA-Africa 

Ikipe ya Espoir BBC

Ikipe ya Espoir BBC

Mwiseneza Maxime umutoza wa Espoir BBC

Mwiseneza Maxime umutoza wa Espoir BBC 

Ni umukino utari woroshye nubwo byari gishuti

Ni umukino utari woroshye n'ubwo byari gishuti

ferwaba

Niyonkuru Pascal aganieiza bagenzi be ayoboye muri Espoir BBC

Niyonkuru Pascal aganiriza bagenzi be ayoboye muri Espoir BBC

Niyonkuru Pascal ahatana na Ndoli Jean Paul

Niyonkuru Pascal ahatana na Ndoli Jean Paul

Ababyinnyi biyereka abafana

Ababyinnyi biyereka abafana 

Niyonkuru Pascal acenga Nijimbere Guibert wa IPRC Kigali BBC

Niyonkuru Pascal acenga Nijimbere Guibert wa IPRC Kigali BBC

Niyonkuru Pascal Kaceka ku mupira

Niyonkuru Pascal Kaceka ku mupira akurikiwe n'abakinnyi ba IPRC Kigali BBC

Nijimbere Guibert(0) umukinnyi utinyitse muri IPRC Kigali BBC

Nijimbere Guibert(0) umukinnyi utinyitse muri IPRC Kigali BBC

ferwaba

Mutabaruka Victoire bita Vicky ntabwo yakinnye

Mutabaruka Victoire bita Vicky ntabwo yakinnye 

IPRC Kigali BBC yatsinze amanota 79-75

IPRC Kigali BBC yatsinze amanota 79-75

ferwaba

Kigali Christian School yatsinzwe na Green Hills Academy

Kigali Christian School yatsinzwe na Green Hills Academy

Joshua Kagwa (ubanza ibumoso) umutoza wa Kigali Christian School n'abatoza bandi bamufasha

Joshua Kagwa (ubanza ibumoso) umutoza wa Kigali Christian School n'abatoza bandi bamufasha 

Green Hills Academy itozwa na Buhake Albert usanzwe atoza IPRC Kigali BBC

Green Hills Academy itozwa na Buhake Albert usanzwe atoza IPRC Kigali BBC

Ifoto y'urwibutso

Mutabazi Richard umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa FERWABA  niwe wayoboye uyu muhango wose (MC)

Mutabazi Richard umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa FERWABA ni we wayoboye uyu muhango wose (MC)

Dore ibigo by’amashuli bizakina n’uburyo bashyizwe mu matsinda:

Icyerekezo cy’uburasirazuba (Eastern Conference):

1.Uburasirazuba: G.S St Aloys,I.P Mukarage,G.S.Kabare,G.S Gahini na Kagitumba H.S

2.Umujyi:LDK,G.S St Andre,Green Hills Academy,Kigali Christian School na P.S Rwesero

3.Amajyepfo:St Joseph Kabgayi,P.S Virgo Fidelis,College St Marie Reine,Ste Marie Adelaide na G.S Officiel Butare

Icyerekezo cy’uburengerazuzuba (Western Conference):

1.Amajyaruguru:Sun Rise,G.S Janja,E.S Kirambo,Regina pacis na E.S Musanze

2.Uburengerazuba I:E.S Nyange,G.S Rambura,E.S Murunda,D.S St Joseph Birambo na P.S Nyundo

3.Uburengerazuba II: G.S Gihundwe,G.S Nyamagabe,G.S St Bruno,G,S FAK Kibogora na E.S Gishoma.

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND