Zuchu yaciye agahigo gafite abahanzi mbarwa ku rubuga rwa Instagram

Hanze - 20/09/2022 12:37 PM
Share:
Zuchu yaciye agahigo gafite abahanzi mbarwa ku rubuga rwa Instagram

Zuchu yujuje abamukurikira kuri Instagram bangana na Miliyoni 5, agahigo gafitwe n'abahanzi mbarwa muri Afrika. Ibi byahise bimushyira ku mwanya wa mbere w’abahanzikazi bakurikirwa cyane muri East Africa.

Uretse kuba byigaragaza kuri uru rubuga, na Wasafi yagaragaje ko yanyuzwe nabyo. Bati: "Wasafi yishimiye miliyoni 5 z'abahisemo gukurikira umunsi ku wundi Zuchu kuri Instagram."

Uyu muhanzikazi wamamaye nka Zuchu ariko mu busanzwe witwa Zuhura Othman Soud, akomeje kugenda asatira ikamba ry’umuhanzikazi mwiza muri Africa aho ari kurya isataburenge abarimo Tiwa Savage na Yemi Alade.

Ari mu bahanzi bane mu Karere babashije kugira aba Subscribers miliyoni 2 kuri Youtube.

Wasafi yaherukaga kwishimira agahigo ka Diamond Platnumz ko kuzuza miliyoni 7 z'aba subscribers kuri Youtube, ubu iri kwishimira agahigo ka Zuchu.

Zuchu ari mu bahanganye mu bihembo Nyafurika bya AFRIMA mu byiciro birimo icy’umuhanzikazi w’umwaka.

Uyu muhanzikazi kuba umwe mu bagize Wasafi byamwaguriye inzira ndetse bimugeza ku rundi rwego. Diamond aherutse gutangaza ko kugira ngo batandukana byasaba Zuchu kwishyura miliyari zigera kuri 4.5Frw.

Ari mu bahanzikazi bihagazeho muri AfricaDiamond aheruka gutangaza ko byasaba akayabo ngo Zuchu ave muri WasafiUbutumwa bwa Wasafi bashima abemeye gukurikirana Zuchu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...