Zuchu na Diamond batangiye inzira za gatanya

Imyidagaduro - 12/07/2026 8:14 PM
Share:

Umwanditsi:

Zuchu na Diamond batangiye inzira za gatanya

Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Zuhura Othman Soud uzwi nka Zuchu, yatangaje ko we n'umugabo we Naseeb Abdul wamamaye nka Diamond Platnumz, batakiri kumwe ndetse ko batangiye inzira yo gusoza burundu urushako rwabo binyuze muri gatanya.

Aya makuru yayatangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026, abinyujije ku rubuga rwa Instagram, aho yavuze ko yafashe umwanzuro ukomeye nyuma y'imyaka itandatu yari amaze ari mu rukundo na Diamond.

Mu butumwa bwe, Zuchu yagize ati: "Mbamenyesheje ibi n'umutima uremerewe. Nyuma y'imyaka itandatu turi kumwe, nahisemo kwibanza no kwiyitaho. Njye na Naseeb Abdul twaratandukanye kandi turi mu nzira za gatanya."

Yakomeje yifuriza Diamond n'umuryango we amahirwe mu buzima bwabo, agaragaza ko nubwo bitamworoheye, yemeye kwakira ibihe bishya ubuzima bumugejejeho.

Ati: "Nifurije uwahoze ari umukunzi wanjye Naseeb Abdul n'umuryango we ibyiza byose. Kuri ubu ngiye gufata umwanya wo gukira ibikomere, kwita ku buzima bwanjye no gushyira imbaraga mu muziki wanjye. Twagerageje gukomeza urukundo rwacu ariko Imana igira imigambi yayo, kandi nta kundi nabigenza uretse kubyemera. Ubu ni ubuzima."

Mu butumwa bwe ntiyigeze agaragaza icyaba cyaratumye bafata umwanzuro wo gutandukana, mu gihe na Diamond Platnumz atari yatangaza icyo abivugaho kugeza aya makuru atangajwe.

Aya makuru aje nyuma y'umunsi umwe abakunzi babo batangiye kwibaza impamvu Zuchu atagaragaye mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Mama Dangote, umubyeyi wa Diamond Platnumz.

Kutaboneka kwe muri ibyo birori byakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe batangira gukeka ko umubano wabo utari ugihagaze neza.

Byongeye kandi, mbere gato y'itangazo rya Zuchu, inshuti ya hafi ya Diamond ndetse akaba n'Umudepite muri Tanzania, Baba Levo, yari yatangaje ko Zuchu atwite. Icyakora, Zuchu ntiyigeze agira icyo avuga kuri ayo makuru mu butumwa bwe.

Amakuru y'urukundo rwa Zuchu na Diamond yakunze kuvugisha benshi mu myaka yashize. Mu bihe bitandukanye bombi bagiye batangaza ko batandukanye, ariko nyuma bakongera kwiyunga.

Mu mwaka ushize kandi, hari amakuru yavugaga ko aba bombi bakoze ubukwe mu ibanga nyuma y'imyaka myinshi abakunzi babo bakeka ko baba barasezeranye, nubwo nta tangazo rirambuye bari barigeze batangaza kuri iyo ngingo.

Kugeza ubu, niba koko uru rugendo rwa gatanya ruzarangira nk'uko Zuchu yabitangaje, bizaba bisoje imwe mu nkuru z'urukundo zakurikiwe cyane mu muziki wa Afurika y'Iburasirazuba, nyuma y'imyaka itandatu yari ishize bombi bagaragara nk'abakundana kandi bakorana bya hafi mu muziki. 


Zuchu yatangaje ko yatandukanye na Diamond, ndetse ko batangiye inzira za gatanya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...