Zolani Tete wamamaye mu mukino w'iteramakofe yishwe arashwe

Imikino - 22/08/2026 10:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Zolani Tete wamamaye mu mukino w'iteramakofe yishwe arashwe

Umunya-Afrika y'Epfo, Zolani Tete wamamaye mu mukino w'iteramakofe yishwe arashwe hanze y’urugo rwe ruherereye i Mdantsane muri Afurika y’Epfo.

Tete, wari ufite imyaka 38, yarashwe ku mugoroba wo ku wa Gatanu ubwo yari ategereje ko amarembo y’urugo rwe afunguka. Abapolisi bavuga ko abagabo babiri bari bitwaje intwaro kandi bambaye udupfukamunwa twabahishaga mu maso ari bo bamuteze maze bakamurasa.

Umugore w’imyaka 27 wari kumwe na Tete na we yarashwe ndetse arakomereka bikomeye. Yahise ajyanwa mu bitaro aho arimo kuvurirwa.

Polisi yatangaje uko Zolani Tete yishwe

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara ya Eastern Cape, Brigadier Nobuntu Gatana, yavuze ko ibyabaye byabaye ahagana saa 18:30 z’umugoroba ku wa Gatanu.

Yasobanuye ko Tete yari ategereje ko amarembo y’urugo rwe afunguka ubwo abagabo babiri bari bambaye udupfukamunwa bamurasaga. Mu kugerageza guhunga amasasu, Tete yinjije imodoka mu rugo, ariko ibikomere yari yagize byamuhitanye. Polisi yavuze ko yapfiriye aho byabereye.

Umugore wari kumwe na we yarashwe amasasu menshi, ahita ajyanwa mu bitaro byari hafi aho. Polisi yavuze ko akiri mu bitaro kandi ko arimo kuvurwa. Kugeza ubu, Polisi yatangiye iperereza ku rupfu rwa Tete, ariko nta muntu urafatwa nk’ukekwaho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi.


Zolani Tete yari afite amateka akomeye mu iteramakofe

Zolani Tete asize amateka akomeye mu mukino w’iteramakofe, nyuma yo kumara imyaka 16 akina nk’uwabigize umwuga. Mu mikino ye yose, yatsinzwe inshuro enye gusa, aho ebyiri muri izo nshuro yatsinzwe mu mirwano yari arwaniramo ibikombe by’Isi.

Tete yatwaye igikombe cye cya mbere cy’Isi mu mwaka wa 2007, ubwo yatsindaga Vicky Tahumil, bityo agahabwa igikombe cya WBF mu cyiciro cya flyweight. Yaje kongera gutwara icyo gikombe nyuma.

Muri Nzeri 2010, Tete yagerageje kurinda igikombe cye mu mukino yahuyemo na Moruti Mthalane, ariko atsindwa ku nshuro ya mbere mu mwuga we, nyuma yo gutsindwa ku nshuro ya gatanu n’uburyo bwa TKO.

Mu mwaka wa 2014, yongeye kugaruka ku rwego rwo hejuru ubwo yatsindaga Umunya-Japani Teiru Kinoshita, akegukana igikombe cya IBF mu cyiciro cya super flyweight. Yaje kukirinda rimwe mbere yo kukirekura kugira ngo akomeze mu kindi cyiciro.

Mu Ukuboza 2015, Tete yasinyanye amasezerano n’um promoter Frank Warren, ibintu byafashije kongera kuzamura umwuga we. Nyuma yaje kuzamuka mu cyiciro cya 'Bantamweight' aho yegukanye ikindi gikombe cy’Isi.

Mu 2017, Tete yatsinze Arthur Villanueva yegukana igikombe cya WBO Bantamweight Interim. Nyuma, WBO yamushimiye nk'umukinnyi watsindiye ibikombe by’Isi mu byiciro bibiri bitandukanye.


Yanditse amateka yo gutsinda umukino w’igikombe mu masegonda 11

Mu mukino wa mbere wo kurinda igikombe cye cya WBO Bantamweight, Tete yakoze amateka akomeye. Yahuye na Siboniso Gonya i Belfast, maze amukubita igitego gikomeye mu masegonda atanu gusa umukino utangiye. Gonya yahise agwa hasi, maze umusifuzi ahagarika umukino ku isegonda rya 11.

Iyo tsinzi yatumye Tete yandika amateka yo gutsinda vuba kurusha abandi mu mukino wo kurwanira igikombe cy’Isi, amateka yaje kwemezwa na Guinness World Records. Yakomeje kurinda igikombe cye inshuro nyinshi, mbere yo guhura na John Riel Casimero mu mwaka wa 2019, aho yatsinzwe ku nshuro ya gatatu maze atakaza igikombe cye.

Yari amaze igihe atagaragara mu mukino

Mu mwaka wa 2023, Tete yahagaritswe mu bikorwa by’iteramakofe nyuma yo guhabwa igihano cy’imyaka itatu kubera kurenga ku mategeko arwanya ikoreshwa ry’imiti ibujijwe mu bakinnyi, nk’uko byatangajwe na GiveMeSport. Iryo tegeko ryakurikiye ibisubizo by’ikizamini byagaragaje ko yakoresheje Stanozolol, umuti uri ku rutonde rw’ibintu bibujijwe mu mikino.

Igihano cye cyaje kurangiye mu gihe kitageze ku kwezi mbere y’uko apfa. Amakuru yari yatangiye gucicikana ko Tete, wari ufite imyaka 38, yari afite gahunda yo kugaruka mu kibuga no kongera gukina mbere y’uko uyu mwaka urangira.

Gusa izo gahunda ntizabashije kuba impamo, kuko uyu mukinnyi wubatse izina rikomeye mu iteramakofe yapfuye nyuma yo kurasirwa hafi y’urugo rwe muri Afurika y’Epfo.

 




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...