Zimbabwe: Arembeye mu bitaro nyuma y’uko umugore we amurumye igitsina

Utuntu nutundi - 13/09/2026 10:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Zimbabwe: Arembeye mu bitaro nyuma y’uko umugore we amurumye igitsina

Umugore w’imyaka 29 wo muri Zimbabwe ari mu maboko y’inzego z’ubutabera, akurikiranweho gukomeretsa bikomeye umugabo we w’imyaka 33, aho yamurumye igitsina mu gihe bari bari gutongana amushinja kumuca inyuma.

Ibi byabereye mu gace ka Dzivarasekwa 2 muri Zimbabwe ku wa Gatatu, tariki ya 9 Nzeri 2026, aho uyu mugore witwa Sharline Rutendo Munenga akurikiranwe n’ubutabera ku cyaha cy’ihohoterwa.

Inkuru dukesha urubuga Linda Ikeji’s Blog, ivuga ko amakimbirane yatangiye nyuma y’uko Munenga yari amaze kumva amakuru avuga ko umugabo we, Munyaradzi Pondi, yaba afite undi mugore.

Umugore ngo yabajije umugabo we kuri ayo makuru, ariko ntiyanyurwa n’ibisubizo yamuhaye, bituma havuka impaka hagati yabo.

Ubushinjacyaha bwavuze ko impaka zakomeje kuba urudaca kugeza havutse imirwano, birangira umugore arumye umugabo we igitsina, umugabo arakomereka bikomeye.

Nyuma y’ibi, Pondi yajyanywe kwa muganga kugira ngo ahabwe ubuvuzi, aho bivugwa ko yari ameze nabi cyane.

Ku wa Gatanu tariki ya 11 Nzeri 2026, Munenga yagejejwe imbere y’ubucamanza i Harare, aho yarezwe icyaha cyu guhohotera. Urukiko rwategetse ko akomeza gufungwa mu gihe urubanza rugikomeje.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...