Iyi ni Album avuga ko idasanzwe,
ndetse ko gutegura igitaramo cyo kuyimurika byamusabye gushaka abafatanyabikorwa batandukanye kugira
ngo azabone ubushobozi bwo kuyimurikira mu gitaramo giteganyijwe muri Nyakanga
2025.
N’ubwo ataratangaza itariki nyayo
n’aho igitaramo kizabera, Zeo yavuze ko ibiganiro n’abafatanyabikorwa biri
kugenda neza.
Mu kiganiro na InyaRwanda, Zeo Trap
yagize ati “Hari abafatanyabikorwa turi kuganira. Twihaye mu kwa karindwi,
kandi ni ibintu bishoboka. Ubu tugeze mu kwa Gatanu. Urumva twagombaga kubanza
guha abantu umwanya wo kumva Album, ubundi tugategura igitaramo, tukagitangaza
tukimaze no kwamamaza bihagije.”
Uyu muhanzi yasabye abafana be
n’abandi bakunzi b’umuziki nyarwanda kumushyigikira muri iki gitaramo, kuko
kizaba ari icya mbere akoze nk’umuhanzi wigenga mu myaka ine amaze mu muziki.
Anavuga ko iki gitaramo kidasanzwe kuri we kuko azagihuza no kumurika indirimbo
yise Ntago Anoga, yitiriye imwe mu ndirimbo zo kuri iyi Album.
Yagize ati “Nzatumira n’abandi
bahanzi, tuzakorana mu kwezi kwa karindwi nibigenda neza. Turapanga, ariko na
Imana irapanga. Impamvu ntabivuze mbere ni uko ntari mfite impamvu, ariko ubu
mfite impamvu yo kubivuga. Hazaba harimo abandi bahanzi dufatanyije akazi
bazaza kunshyigikira.”
Zeo Trap yavuze ko kumurika Album
bisaba imbaraga nyinshi, bityo abona ko bikwiye gushyigikirwa n’abakunzi
b’umuziki nyarwanda.
Uyu mwaka, kumurika iyi Album ni cyo
gikorwa kimuraje ishinga, kandi vuba aha azatangaza itariki n’aho igitaramo
kizabera.
Yagarutse ku mbogamizi abahanzi
bagihura na zo zirimo kuba abashoramari batabizera, bigatuma bigorana
kubumvisha ko bashobora gushora imari mu mishinga y’umuziki.
Ati “Ntabwo ari ibintu byoroshye
kugira ngo ubwire umuntu ngo afite umushinga awushoremo amafaranga, ariko kuba
hari aho turi kuganira, turategura igitaramo kiri ku rwego rwiza. Navuga ko ari
ibintu bidasanzwe kuba ndi umuhanzi wigenga ugakora ibintu nk’ibi,”
Zeo Trap yatangiye gutegura iyi
Album agifite igitekerezo cy’uko izaba igizwe n’indirimbo 12, ariko nyuma aza
kongeramo izindi bitewe n’uko abantu bari bamutezeho byinshi.
Yagize ati:“Byari nko mu mihigo
yanjye gusoza Album ifite umwihariko wa ‘Drill’ kugira ngo abantu bamenye
itandukaniro ry’injyana ndetse n’uko biba bimeze.”
Album ye
igizwe n’ibice bine:
1. Igice cya mbere: Kigaruka ku
buzima bwo ku muhanda, uburyo abantu batabyitaho, n’uburyo n’amagambo akoreshwa
ku muhanda agaragara mu ndirimbo.
2. Igice cya kabiri: Kigaruka ku
butumwa bwo gushishikariza abantu kutacika intege no gukomeza guharanira inzozi
zabo uko byagenda kose.
3. Igice cya gatatu: Kirimo
indirimbo z’urukundo n’ubuzima bw’abakobwa muri iyi minsi, cyane cyane ku buryo
baba bashaka kubaho mu buzima buhenze.
4. Igice cya kane: Kigaruka ku
myandikire ikakaye n’ikoreshwa ry’Ikirundi n’Ikinyarwanda cy’umwimerere.
Ati “Sinashakaga ko umuntu azajya
ambwira ngo yumvise Album yanjye gusa. Ahubwo nashakaga Album umuntu yicara
agafata umwanya akayumva mu buryo bwimbitse,”
Zeo Trap yatangiye umuziki mu 2021.
Album ye ya mbere yise Abafana 100 yasohotse mu 2023, nta muhanzi n’umwe yari
yakoranye na we – ni nako byagenze no kuri iyi ya kabiri.
Ariko kandi, yakoranye na ba
Producer batandukanye mu bijyanye no gutunganya amajwi ndetse no gukora Video
Lyrics.
Zeo Trap yatangaje ko ari mu
myiteguro yo gukora igitaramo cye cya mbere gikomeye azamurikiramo Album ye
yise 'Ntago Anoga'
Zeo Trap yavuze ko ari mu biganiro n’abafatanyabikorwa
bazamufasha gukora igitaramo cya Album ye
Zeo Trap yavuze ko muri iki gitaramo azifatanya n’abahanzi bagenzi be azatumira
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE
TWAGIRANYE NA ZEO TRAP