Zayn Malik yahishuye ko yakorewe ivanguraruhu ubwo yabarizwaga muri One Direction

Imyidagaduro - 07/07/2025 1:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Zayn Malik yahishuye ko yakorewe ivanguraruhu ubwo yabarizwaga muri One Direction

Umuhanzi w’Umunyabigwi mu njyana ya pop na R&B, Zayn Malik, wahoze ari umwe mu bagize itsinda One Direction, yatangaje ko yakorewe ivangura rishingiye ku ruhu ubwo yari muri iryo tsinda ryamamaye ku isi hose.

Ibi yabitangaje abinyujije mu ndirimbo ye nshya yise “Fuchsia Sea”, aho ashimangira ko nubwo yakoze cyane ubwo yari ari mu itsinda rigizwe n’abazungu, yagiye asuzugurwa bitewe n’imiterere ye n’aho akomoka.

Muri iyo ndirimbo agira ati: “Nakoreye cyane mu itsinda ry’abazungu, ariko baransekaga kuko ndi Umunya-Aziya.”

Uyu muhanzi w’imyaka 32, ufite se w’Umunya-Pakistan na nyina ukomoka mu Bwongereza no muri Irlande, yashyize agace gato k’iyo ndirimbo kuri konti ye ya Instagram ku wa Gatandatu, avuga ko izasohoka mu minsi ya vuba.

Abafana be bagaragaje ko bishimiye cyane iyo ndirimbo, bamwe bati: “Dutewe ishema nawe,” abandi bati: “Umwami aragarutse.”

Amateka ye muri One Direction

Itsinda One Direction ryashinzwe mu 2010 binyuze mu irushanwa rya X Factor UK, ryahuje Zayn Malik, Harry Styles, Louis Tomlinson, Niall Horan na Liam Payne (waje kwitaba Imana mu 2024). Buri wese yari yinjiye nk’umuhanzi ku giti cye, ariko nyuma y’ijwi ry’abagize akanama nkemurampaka barimo Simon Cowell, bahurizwa mu itsinda rimwe.

Zayn yavuye muri One Direction mu 2015, mbere y’uko iryo tsinda riseswa burundu mu 2016. Nyuma y’aho, buri muhanzi yatangiye urugendo ku giti cye.

Mu 2023, Harry Styles yagaragaje ko kongera guhura nk’itsinda bishoboka, ariko avuga ko adashobora gusubiza “yego cyangwa oya” gusa, ahubwo biterwa n’igihe n’ubushake bwabo bose.

Hari n’amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Us Weekly mu Ukuboza 2024 avuga ko bari bari mu biganiro byo gukora igitaramo cya nyuma nk’itsinda, mbere y’uko Liam Payne yitaba Imana.

Nyuma yo gutandukana n’umunyamideri Gigi Hadid bafitanye umwana w’umukobwa witwa Khai w’imyaka 4 mu 2021, Zayn yari yarabaye nk’uwasubiye inyuma mu muziki atakivugwa no mu itangazamakuru.

Zayn Malik yahishuye ko yakorewe ivanguraruhu ubwo yabaga mu itsinda rya One Direction 

Iri tsinda rimaze imyaka 9 ritandukanye ndetse umwe muri bo yitabye Imana

REBA INDIRIMBO 'NIGHT CHANGES' YA ONE DIRECTION


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...