Zari Hassan yikomye abakwirakwiza ibihuha ku mateka ye n’abo bakundanye

Imyidagaduro - 23/06/2026 11:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Zari Hassan yikomye abakwirakwiza ibihuha ku mateka ye n’abo bakundanye

Umunyamideli n’umucuruzi uzwi cyane muri Uganda, Zari Hassan, yasubije abamunenga bamushinja kugira umubare munini w’abagabo yakundanye na bo, ashimangira ko hari ukwirengagiza ukuri ku buzima bwe.

Mu magambo yatangaje binyuze ku mbuga nkoranyambaga, Zari yavuze ko abantu benshi basobanura nabi amateka ye y’urukundo, bagashingira ku rukundo rwe rwagiye rugaragara mu itangazamakuru.

Yagize ati: “Mutange icyubahiro aho gikwiye,” anongeraho ko hari benshi bamucira urubanza rutari rwo kuko bazi gusa igice cy’ubuzima bwe kigaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Zari yanenze uburyo bamwe mu bantu bashyira urubanza ku bagore kurusha abagabo.

Yongeyeho ko abantu benshi bamunenga baba batamuzi neza, ahubwo bagashingira ku makuru acicikana y’ibihuha, mu gihe hari abandi bafite ubuzima busa n’ubwe cyangwa burenze ariko ntibavugwe cyane kuko batari ibyamamare.

Uyu mubyeyi w’abana batanu yavuze ko abantu bagomba kwita ku kuri kurusha ibitekerezo bidafite ishingiro, asaba ko hajya habaho kubaha umuntu aho kumucira urubanza rushingiye ku byavuzwe gusa.

Zari Hassan yakomeje kugarukwaho cyane mu itangazamakuru kubera amateka ye y’urukundo, harimo abahoze ari abagabo be ndetse n’abandi bagabo bakomeye yagiye avugwaho mu Rukundo mu bihe bitandukanye.

Uyu mugore yagiye agirana umubano n’abagabo bibyamamare cyane, barimo uwahoze ari umugabo we wapfuye Ivan Ssemwanga, icyamamare mu muziki wo muri Tanzaniya Diamond Platnumz, ndetse na Shakib Cham baheruka gutanduka.


Zari Hassan yatandukanye na Shakib Cham


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...