Zari Hassan uri mu rukundo na Shakib byavuzwe ko arusha imyaka 21 yaciye amazimwe

Hanze - 03/06/2022 3:24 PM
Share:
Zari Hassan uri mu rukundo na Shakib byavuzwe ko arusha imyaka 21 yaciye amazimwe

Zari Hassan yaciye amazimwe anitabara kubera igitutu yari amaze iminsi yotswa ko ari kurarura umwana ukiri muto amujyana mu by'amacenga ye y’urukundo adashira aho bamwe bavugaga ko umusore yigaruriye afite imyaka 20 mu gihe we afite 41.

Mu minsi igera hafi kuri 30 ishize n ibwo Zari yagaragaye ari kurira ubuzima  mu kabyiniro kamwe aha akaba atari wenyine ahubwo yari kumwe n’umusore w’ibigango ariko bigaragara ko akiri muto.

Nyuma byaje kurangira bigaragaye ko aba bombi batari inshuti gusa kuko birenze ibyo ahubwo bari mu munyenga w’urukundo nawe ubwe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yahamije iby'aya makuru.

Zari ati: "Nemerewe gukora icyo numva gihamanya n’umutima wanjye kandi nkanezerwa nk'uko mbishaka." Aya magambo yayavuze asa n'ushimangira ko yemerewe gukundana n'uwo ashaka iby’imyaka ari imibare.

Aba bombi batangiye gukundana mbere gato y'uko igisibo ya Ramadhan gitangira cy’umwaka wa 2022 nk'uko byatangajwe n'umunyamakuru Bazzinnyi uzwi mu gukora amakuru y’icukumbura.

Abantu batangiye gutera imijugujugu Zari bavuga ko ibyo yakoze bidahwitse byo gukundana n’uyu musore witwa Shakiba Cham ukomoka mu gihugu cya Uganda mu gace ka Kawempe usanzwe umenyereweho n’ubundi gukundana n'abagore bakuze.

Nyuma y'uko abantu bagaragaje kwinubira ko imyaka y'aba bombi idahura, Zari yagize icyo abivugaho anaboneraho gutangaza imyaka ya Shakiba ahamya ko irenze iyagiye ikomeza kuvugwa.

Ati:"Kuki abantu barakaye? Shakib afite imyaka 30 ni uko asa neza. Bamwe numvise bavuga ko afite 18, abandi 20, ko namuhohoteye. Ariko se abantu bazi igisobanura cyo guhohotera umuntu?"

Zari Hassan ari mu bagore b'abashabitsi bigaruriye imitima ya benshi mu myidagaduro ya Africa cyane mu gace k'Iburasirazuba kubera inkuru ze zidashira z’urukundo na Diamond Platnumz banafitanye abana 2. Kuri ubu ubutunzi bwa Zari  bubrirwa muri Miliyari 9 Frw.


Ubwo Zari aheruka kugaragara mu ruhame arimo arya ubuzima n’umukunzi we mushya Shakib

Zari na Shakib bari mu rukundo 

Zari avuga ko afite uburenganzira  


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...