Ako kanama katangaje ko ibarura ry’amajwi rihagaritswe ako
kanya, mu gihe kagaragaza impungenge z’amakuru y’urugomo rwatumye impapuro
z’itora zibwa mu dusanduku tw’amatora.
Amatora yabaye ku wa Kane, tariki ya 13 Kanama, aho Perezida
wa Zambia, Hakainde Hichilema, ari guhatanira manda ya kabiri y’imyaka itanu.
Hichilema ahanganye n’abakandida 13, aho Brian Mundubile ari
we uvugwa nk’umwe mu bahanga nye nawe ufite amahirwe menshi kurusha abandi.
Inkuru dukesha ikinyamakuru BBC Gahuzamiryango iviga ko, mbere
y’amatora, Akanama k’Amatora kari kihaye intego yo gutangaza ibyavuye mu matora
bitarenze ku Cyumweru.
Ibarura ry’amajwi ryatangiye nyuma gato y’uko ibiro by’itora
bifunze ku wa Kane, ariko igihe icyemezo cyo guhagarika ibarura cyatangazwaga, ibyavuye
mu matora ya Perezida byari bitaratangazwa ku mugaragaro.
Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Gatanu, Akanama k’Amatora
kavuze ko mu masaha 24 ari imbere kongera gusuzuma icyemezo cyo guhagarika
ibarura ry’amajwi, hashingiwe ku buryo umutekano uri bube wifashe.
Mbere gato y’uko ako kanama gatangaza icyemezo cyo
guhagarika ibarura, umukandida Brian Mundubile yari yagaragaje impungenge
zikomeye ku gutinda gutangaza ibyavuye mu matora ya Perezida.
Mundubile yavuze ko iryo tinda rishobora gutuma habaho kwivanga
mu byavuye mu matora cyangwa kubigoreka, asaba ko ibyavuye mu matora bitangazwa
mu mucyo.
Kugeza ubu, ibyavuye mu matora ya Perezida wa Zambia
ntibiratangazwa ku mugaragaro, mu gihe Akanama k’Amatora gakomeje gukurikirana
uko iby’umutekano byifashe no gusuzuma uko ibarura ry’amajwi ryakomeza.
