Zambia: Davido yaserukanye imyambaro yo mu bwami imbere y’abafana ibihumbi 35 bitabiriye igitaramo cye

Imyidagaduro - 04/05/2026 7:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Zambia: Davido yaserukanye imyambaro yo mu bwami imbere y’abafana ibihumbi 35 bitabiriye igitaramo cye

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Davido, yongeye kugaragaza uburemere bwe ku rubyiniro rwa Afurika, nyuma yo gutaramira imbaga y’abantu ibarirwa mu bihumbi 35 mu gitaramo gikomeye cyabereye i Lusaka muri Zambia.

Iki gitaramo cyabereye kuri Polo Field Showground, aho uyu muhanzi yasozaga ibitaramo bye byo kuzenguruka Afurika yise “5ive Alive Tour Africa 2026.”

Ni igitaramo cyabaye nk’isonga ry’urugendo rwe muri aka karere, nyuma yo kunyura mu mijyi itandukanye irimo na Kigali.

Televiziyo 'Grindstone' yo muri Zambia, yatangaje ko Davido yagaragaye yambaye imyambaro gakondo yo muri Zambia ikomoka mu bwami bwa Bemba buzwi nka Kulubemba, agaragaza icyubahiro aha umuco w’aho yari yataramiye.

Ubwami bwa Bemba buzwi nka Kulubemba ni kimwe mu bigize amateka akomeye ya Zambia, cyane cyane mu majyaruguru y’igihugu aho ubwoko bw’AbaBemba bukomoka.

Kulubemba ni urwego rukomeye rw’ubwami bugenga imiyoborere y’AbaBemba, buyobowe n’Umwami mukuru uzwi nka Chitimukulu. Uyu mwami agira uruhare rukomeye mu kubungabunga umuco, amategeko gakondo n’imibanire y’abaturage.

AbaBemba bakomoka mu bwami bwa Luba Kingdom (aho ubu ni muri RDC). Bimukiye muri Zambia mu binyejana bishize, bashinga ubutegetsi bukomeye bwaje kuba imwe mu nkingi z’amateka y’icyo gihugu.

Mu gihe cy’ubukoloni, ubuyobozi bwa Kulubemba bwagize uruhare mu kurinda umuco n’ubwigenge bw’AbaBemba, nubwo bwagombaga no gukorana n’abakoloni b’Abongereza mu bihe bimwe.

Nubwo Zambia ari Repubulika, Kulubemba iracyafite ijambo rikomeye mu mibereho y’abaturage, cyane mu bijyanye n’umuco, ubutaka n’imiyoborere y’inzego z’ibanze.

Muri rusange, Kulubemba si izina gusa ry’ubwami, ahubwo ni ikimenyetso cy’umuco, amateka n’ubumwe bw’AbaBemba, gifite agaciro gakomeye kugeza n’ubu.

Abitabiriye iki gitaramo cya Davido bari benshi ku buryo byavuzwe ko cyuzuye neza (sold out), kikaba cyahurije hamwe abafana b’umuziki wa Afrobeats n’abahanzi bo muri Zambia, bituma kiba kimwe mu bitaramo bikomeye byabereye muri icyo gihugu mu bihe bya vuba.

Amashusho n’amagambo byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga byagaragaje uburyo abafana bishimiye cyane indirimbo ze, by’umwihariko indirimbo nshya “With You” yakiriwe n’imbaga y’abari aho ku buryo banayiririmbanye cyane kurusha uko yayikora ku rubyiniro.

Byagaragaye ko ibyishimo byari byinshi, abafana bamwe bavuga ko “batamuhaye umwanya wo kuririmba” kubera uburyo bayimenye cyane.

Hari n’undi mwanya wagarutsweho cyane, aho ‘drone’ yegereye cyane aho Davido yaririmbiraga, ibintu byafashwe nko gushyira ubuzima bwe mu kaga.

Nubwo byateye impungenge, yakomeje igitaramo nta nkomyi, agaragaza ubunyamwuga n’ubushobozi bwo kwitwara neza ku rubyiniro.

Iki gitaramo cyasize amateka kuri benshi, aho cyafashwe nk’igihe cy’ingenzi mu mateka y’imyidagaduro muri Zambia, ndetse kikaba cyaribukije benshi uburyo ‘Aye’, indirimbo yakozwe mu myaka irenga 10 ishize, igifite imbaraga n’ubwamamare kugeza n’ubu.

Uyu muhanzi ubarizwa mu bakomeye ku mugabane wa Afurika, yongeye gushimangira izina rye nk’umwe mu bahanzi bafite igikundiro gikomeye, aho bamwe mu bakurikiranira hafi ibikorwa bye bavuga ko ari umwe mu bagurisha cyane ibitaramo (sold out) ku mugabane wa Afurika.

Davido yakoreye ibitaramo bibiri muri Zambia, icya mbere cyabaye ku wa Gatanu tariki 1 Gicurasi 2026 ahitwa Ciela Resort; icya Kabiri cyabaye ku wa Gatandatu tariki 2 Gicurasi 2026.

Byombi byabaye ikimenyetso cy’uko umuziki wa Afrobeats ukomeje kwaguka no gukundwa cyane hirya no hino, ndetse ko Davido akiri ku isonga mu kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.

Davido yagaragaye yambaye imyambaro gakondo yo muri Zambia ikomoka mu bwami bwa Bemba buzwi nka Kulubemba, agaragaza icyubahiro aha umuco w’aho yari yataramiye


Davido yageze ku rubyiniro yambaye imyenda ifite amabara agize ibendera rya Zambia, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso cyo kunga ubumwe n’abafana be b’icyo gihugu


Davido yanyuze abakunzi b’umuziki i Lusaka atambutse ku rubyiniro yambaye imyambaro gakondo ya Zambia, agaragaza ko yubaha umuco aho ageze hose


Byari ibyishimo bidasanzwe ubwo Davido yaserukanaga ibendera rya Zambia ku rubyiniro, abafana bakamwakira nk’umwe mu babo












Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...