ZACU TV yashimiye CANAL+ yayifashije guteza imbere sinema nyarwanda inagarura filime ya ‘Seburikoko’

Cinema - 04/10/2025 8:13 AM
Share:

Umwanditsi:

ZACU TV yashimiye CANAL+ yayifashije guteza imbere sinema nyarwanda inagarura filime ya ‘Seburikoko’

Zacu TV yizihije isabukuru y’imyaka itatu imaze iteza imbere uruganda rwa sinema nyarwanda itangaza gahunda nshya ifite mu mwaka wa 2026 inagarura filime ya ‘Seburikoko’ yakunzwe n’abatari bacye mu bihe byatambutse.

Ni ibirori byabereye kuri Zaria Court ku wa Gattanu aho ubuyobozi bwa Zacu TV na Canal+ aho iyi shene igaragara bahuye n’abayobozi ba filime n’abanyamakuru bagaragaza umurongo mushya w’umwaka wa 2026 ndetse n’iyi minsi isigaye ku mwaka wa 2025.

Si ukugaragaraza uwo murongo gusa ahubwo harimo kwizihiza isabukuru y’imyaka itatu ishize Zacu TV ishinzwe igamije guteza imbere uruganda rwa sinema nyarwanda no gukundisha abanyarwanda n’abumva Ikinyarwanda filime zakozwe n’abanyarwanda.

Uretse ibyo, Zacu TV yatangaje amasezerano yagiranye na RwandAir agamije kwerekana filime nyarwanda mu ndege z’iyi sosiyete aho zijya hose mu rwego rwo gufatanya na Zacu TV guteza imbere umwuga wa filime mu Rwanda.

Ubwo yagarukaga ku nzira ya Zacu TV mu myaka itatu itambutse, Umuyobozi Mukuru wa Zacu Entertainment, Misago Nelly Wilson yavuze ko bishimira intambwe bamaze gutera bagashimira CANAL+ bakorana mu gutuma amashusho agera ku banyarwanda bose ndetse anashimira abakinnyi ba filime birya bakimara kugira ngo bakore icyo bakunda.

Agaruka ku mbogamizi bakunze guhura nazo, ni uko rimwe na rimwe iyo bifuza abakinnyi bitaborohera kubabona cyangwa se n’ababonetse bakaba batiteguye kurwana no gukora byose kugira ngo bagere ku ntego zabo zo gukora filime nziza. Ibyo byose ni byo bituma akenshi bamwe mu bakinnyi badakunze guhinduka kuko abakunze kugaragara muri filime ari bo baba bashikamye muri uyu mwuga.

Yagize ati: “Kuvuga ko abakinnyi ari bamwe bahoraho si byo kuko mu gushaka abakinnyi, haboneka ibihumbi mu gihe abitabira aba ari mbarwa harimo n'ababa badafite ubushobozi bwo gukina n'abandi batekereza ko ari ibintu byoroshye. 90% y'amafilime bakora ni Serie bityo baba bashaka umuntu ubikunze unafite umwanya kugira ngo atazava muri uwo mushinga akawica bikarangira usubiwemo.

Umuyobozi Mukuru wa CANAL+ mu Rwanda, Sophie Tchatchoua yashimiye Zacu TV avuga ko urwego iyi shene igezeho mu kumenyekanisha filime zo mu Rwanda ruri hejuru kandi n’abandi benshi bo mu mahanga batangiye gukunda sinema nyarwanda kubera Zacu TV.

Muri uyu mwaka wa 2025, abakunzi ba filime bashyizwe igorora kuko hazashyirwa hanze filime nka Seburikoko, The Bridge of Christmas, Ibyahishuwe, Rukuruzi, gukomeza mu mwaka wa 2026 aho hazasohoka filime nka Rigo, Hands of Hope, What a day, Karira, The Last Confession, Red Flag kongeraho n’izindi nyinshi zirimo n’iziri kwerekanwa.

Zacu TV iri kwizihiza isabukuru y'imyaka itatu imaze ikora

Umuyobozi wa Canal+ mu Rwanda yashimye uruhare rwa Zacu TV mu kumenyekanisha filime nyarwanda

Mu dushya Zacu TV ihishiye abanyarwanda n'abumva ikinyarwanda, ni filime ya Seburikoko aho azaba noneho ari umuherwe

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri RwandAir yavuze ko aya masezerano bagiranye azafasha mu iterambere rya sinema nyarwanda kubera ko abazajya bakoresha iyi sosiyete bazajya bareba Zacu TV

Umuyobozi Mukuru wa Zacu Entertainment, Misago Nelly Wilson yavuze ko bishimira aho Zacu TV igeze kandi bazakomeza gukora cyane kugira ngo bagere ku rwego rwisumbuyeho


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...