Zabyaye amahari ku igurwa rya Hakim Hamiss, yaba yari agifitiye amasezerano Gasogi Utd?

Imikino - 12/06/2026 9:20 AM
Share:
Zabyaye amahari ku igurwa rya Hakim Hamiss, yaba yari agifitiye amasezerano Gasogi Utd?

Igurwa ry’umukinnyi wo hagati Hakim Hamiss rikomeje guteza impaka hagati ya Kiyovu Sports na Gasogi United, nyuma y’uko Kiyovu imutangaje nk’umukinnyi mushya wayo. Mu gihe Gasogi United ivuga ko akibafitiye amasezerano.

Ku wa 10 Kamena 2026, Kiyovu SC yatangaje ko yasinyishije Hakim Hamiss amasezerano y’igihe cy’imyaka ibiri. Icyakora, Gasogi United ivuga ko uyu mukinnyi akiri ku masezerano yayo kandi ko atari yemerewe gusinya ahandi.

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles, yavuze ko ikipe ye itigeze iganirizwa cyangwa ngo isabwe kugurisha uyu mukinnyi. Ati: “Tuzi neza ko Hakim ari umukinnyi wacu kandi ugifite amasezerano y’umwaka. Niba Kiyovu Sports yaramusinyije, tuzareba uko bazamwandikisha akabona license.”

Ku ruhande rwa Kiyovu SC, ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko bwubahirije amategeko yose kandi ko bwasinyishije umukinnyi wari udafite amasezerano, bityo uyu mukinnyi ari uwabo.

Perezida wa Kiyovu Nkurunziza David, yagize ati: “Ni umukinnyi wacu kandi yarasinye. Tuzi neza ko nta masezerano yari afite. Hari igihe amakipe ashaka kwimana abakinnyi, ariko ibyo si iby’umwuga.”

InyaRwanda yagerageje kuvugisha umukinnyi Hakim Hamiss ariko ntibyakunze kuko gufata Telephone ndetse ntiyasubiza ubutumwa bugufi.

Mu bucukumbuzi bwimbitse ndetse bwihariye InyaRwanda yakoze bwerekanye uyu mukinnyi yasinye imyaka ine muri Gasogi United ndetse ayo masezerano akaba yaratangiye mu mwaka w'imikino 2022/23, gusa ayo masezerano akaba azarangira mu mwaka w'imikino 2026/27.

Urujijo mu masezerano ya Hakim na Gasogi United. Yasinye imyaka ine ariko irimo imyaka y'imikino itanu kuko amasezerano ye azarangira mu 2026/27. (2022-23, 2023-24, 2024-25, 2025-26, 2026/27), ibi bisobanuye ko nakina n'umwaka w'Imikino wa 2026/27 azaba akinnye 'Season 5".

Hakim Hamiss yageze muri Gasogi United mu mwaka w'imikino 2022/ 2023 avuye muri Vision FC. Mu myaka amaze muri iyi kipe, yabaye umwe mu bakinnyi bayifatiye runini, by’umwihariko mu gice gisatira aho yagize uruhare mu bitego atsinda ndetse no kurema ubundi buryo bubyara ibitego.

Kugeza ubu, impande zombi zikomeje guhagarara ku myumvire zitandukanye ku bijyanye n’imiterere y’amasezerano y’uyu mukinnyi, mu gihe hategerejwe icyemezo cy’inzego zibishinzwe ku burenganzira bwo kumwandikisha muri Kiyovu SC.

Kiyovu Sports yatangaje ko Hakim Hamiss ari umukinnyi mushya wayo avuye muri Gasogi United


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...