Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ni bwo Rayon yatangaje Haringingo nk’umutoza wayo nyuma y'iminsi 1,035 ayivuyemo. Nyuma y’ibi, Gikundiro ku munsi w'ejo yagiye muri ‘system’ y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, imusabira ‘licence’ kugira ngo abe umutoza wayo mu mategeko ariko ikipe ya Kiyovu Sports yahozemo irabihakana.
Ikipe ya Kiyovu Sports ivuga ko uyu mutoza wari usigaranye amasezerano y’amezi abiri yayivuyemo mu buryo butubahirije amategeko. Urucaca rwamaze no gutanga ikirego muri FERWAFA kuri iki kibazo ndetse bamaze no kurega Haringingo muri FIFA.
Umunyamabanga wa FERWAFA, Bonnie Mugabe yavuze ko batatanga Licence mu gihe ibi bibazo bitarakemuka. Yavuze ko Kiyovu Sports yabamenyesheje iki kibazo ubu abanyamategeko ba FERWAFA bakaba barimo baragisuzuma.
Ibi birimo biraba mu gihe Rayon Sports ifite umukino wo ku munsi wa 26 wa Rwanda Premier League 2025/2026 izakinamo na Gicumbi FC ku wa Gatandatu saa Kumi n'ebyiri n’iminota 30.

Kiyovu Sports yanze kurekura Haringingo Francis Christian uheruka kwerekeza muri Rayon Sports

