Zabaye indirimbo z’umugisha – Nyirinkindi kuri ‘Mutore cyane’ na ‘Mwarakoze Inkotanyi’ zamuhaye ijambo mu muziki – VIDEO

Imyidagaduro - 27/09/2025 12:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Zabaye indirimbo z’umugisha – Nyirinkindi kuri ‘Mutore cyane’ na ‘Mwarakoze Inkotanyi’ zamuhaye ijambo mu muziki – VIDEO

Umuhanzi mu njyana gakondo, Nyirinkindi avuga ko indirimbo ze ‘Mutore Cyane’ na ‘Mwarakoze Inkotanyi’ ari zo zamuhaye umwanya mu muziki, kuko zatumye ubutumwa bwe bugera kure kandi zimucira inzira yo kumenyekana.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Nyirinkindi yavuze ko izi ndirimbo zombi ari “indirimbo z’umugisha” kuko zamufashije kugira aho agera mu rugendo rwe rwa muzika.

Yagize ati "Ngira umugabo wari inshuti yanjye, ariko ubu yaritabye Imana. Yambwiye uburyo iyi ndirimbo ‘Mwarakoze Inkotanyi’ yabonetse. Yararirimbye ati ‘Mwarakoze Inkotanyi’, ariko ntiyabasha kuzirikana ibitero byose. Yambwiye ko bayiririmbaga kera mu ishyamba ari mu babohoye igihugu. Nibwo natekereje ko ari indirimbo nziza, mpitamo kuyandika yose."

Nyirinkindi asobanura ko iyi ndirimbo yayanditse ayishingiye ku byishimo n’ishimwe yari afite ku Nkotanyi zabohoye u Rwanda, kandi yizeye ko ubutumwa bwe buzagera kure. 

Ati "Naravuze nti Imana izamfashe, ubutumwa bwanjye buzumvikane. Nari nizeye ko buzarenga njye bukagera ku bantu bose. Amahirwe ni uko byakunze."

Uyu muhanzi avuga ko kenshi yagiye asabwa kuririmbira abantu indirimbo ‘Mwarakoze Inkotanyi’ mu ngo zabo, ndetse mu minsi ishize yatumiwe mu rugo rw’umuturage utuye muri Vision City aramutaramira.

Ku rundi ruhande, avuga ko ‘Mutore Cyane’ yayikoze mu 2016 ariko igasohoka mu 2017 bitewe n’ibibazo by’ubushobozi.

Yibuka ko icyo gihe atabashije kubona na 50,000 Frw yasabwaga kugira ngo indirimbo ikorwe. Umuhanzi Bill Gates (Producer uba mu Bufaransa) yamukoreye indirimbo ku buntu, ndetse umunyamakuru Samu Gakire amuhuza n’umuntu wamukoreye amashusho yayo.

Avuga ko icyamuteye gukora ‘Mutore Cyane’ ari urukundo yakundaga Perezida Paul Kagame, bimutera kuyandika nk’impano ishobora kwifashishwa mu bikorwa byo kwamamaza Umukuru w’Igihugu.

Nyirinkindi yakuriye i Nyaruguru ari naho yize amashuri abanza, ayisumbuye ayakomereza i Nyamagabe. Kaminuza yayigiye i Gitwe aho yize ibijyanye n’Ikoranabuhanga. Ariko ngo “inganzo” yarushije imbaraga ibyo yize, bimutera kwinjira mu muziki. Ati: “Zabaye indirimbo z’umugisha kuko aho ngiye hose abantu barambwira bati warakoze watuvugiye ibituri ku mutima.”


Nyirinkindi avuga ko indirimbo ze Mutore Cyane na Mwarakoze Inkotanyi zamubereye indirimbo z’umugisha

                    

Nyirinkindi yavuze ko indirimbo ‘Mutore Cyane’ yasohotse mu 2017 nyuma y’uko Producer Bill Gates amufashije kuyikora ku buntu

 

Nyirinkindi yavuze ko yahisemo kwandika indirimbo ‘Mutore Cyane’ nk’impano y’urukundo yakundaga Perezida Paul Kagame

 

Inganzo yatsinze ibyo Nyirinkindi yize mu ikoranabuhanga imuhindura umuhanzi w’umunyagakondo

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA NYIRIKINDI

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUTORE CYANE’ YA NYIRINKINDI

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MWARAKOZE INKOTANYI’ YA NYIRINKINDI


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...