Yvanny Mpano amaze iminsi irenga 15 ari mu butabera

Imyidagaduro - 11/09/2026 4:35 PM
Share:

Umwanditsi:

Yvanny Mpano amaze iminsi irenga 15 ari mu butabera

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Yvanny Mpano amaze iminsi irenga 15 ari mu butabera.

Amakuru InyaRwanda ifite avuga ko Yvanny Mpano amaze iminsi irenga 15 ari mu butabera, aho ari gukorwaho iperereza ku bijyanye n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.

Amakuru avuga ko mu Cyumweru gishize, uyu muhanzi yaba yaritabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho yaburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Yvanny Mpano ni umwe mu bahanzi nyarwanda bazwi cyane mu kuririmba no kwandika indirimbo z’urukundo.

Yinjiye mu muziki w’umwuga mu buryo bugaragara mu 2019, ubwo yashyiraga hanze indirimbo ‘Ndabigukundira’, yahise imenyekana cyane mu bakunzi b’umuziki.

Uyu muhanzi ni umwe mu banyuze mu Ishuri rya Muzika rya Nyundo, aho yakuye ubumenyi bwamufashije gukomeza urugendo rwe mu muziki, cyane cyane mu bijyanye no kuririmba no kwandika indirimbo.

Mu myaka amaze mu muziki, Yvanny Mpano yakoze indirimbo zitandukanye zamufashije kugira izina rikomeye, zirimo ‘Ndabigukundira’, ‘Amateka’, ‘Nyuma Yawe’, ‘Umuhigi’ n’‘Indani’, yakoranye n’umuraperi Riderman.

Usibye ibihangano bye bwite, Yvanny Mpano azwi no mu bijyanye no gufasha abandi bahanzi mu myandikire y’indirimbo, ndetse no kugira uruhare mu guteza imbere abahanzi bakizamuka.

Yvanny Mpano ni umwe mu bahanzi bagiye bagira uruhare mu gufasha abahanzi bakiri bato kubona aho batangirira umuziki.

Mu bahanzi yagize uruhare mu rugendo harimo Yampano, ndetse ni na we wamuhaye iri zina ry’ubuhanzi. Mu 2024, Yvanny Mpano yaninjiye mu muziki umuhanzi mushya witwa Edin Hodari, mu rwego rwo gukomeza gutera inkunga impano zikiri nto.

Kugeza ubu, ibikorwa bye bya muzika bifashwamo n’inzu ya 1000 Hills Entertainment, izwi kandi nka 1000Hills Empire, ikuriwe na Emmy Bruce.

Yvanny Mpano kandi azwi cyane mu bahanzi bakunze gutumirwa mu birori by’ubukwe mu Rwanda.

Kuva atangiye gukora umuziki nk’umwuga, amaze kuririmba mu bukwe burenga 500, ibintu byamuhaye umwanya wihariye mu bahanzi bakora ibitaramo byiganjemo indirimbo z’urukundo.

Indirimbo ze, cyane cyane izigaruka ku rukundo n’imibanire y’abantu, ni zimwe mu zatumye agira abakunzi benshi mu bakunda uyu muziki.

Mbere y’iki kibazo, Yvanny Mpano yari ari gukora ku mushinga wa album ye ya mbere yise ‘Igitabo cy’Urukundo’.

Uyu muhanzi yari yaragiye asaba imbabazi abakunzi be kubera ko iyi album yatindaga gusohoka, avuga ko gukora umuziki muri iki gihe bisaba amafaranga menshi kandi ko ibyo byagize uruhare mu gutinza umushinga.

Mu Rwanda, gukoresha ibiyobyabwenge ni icyaha gihanwa n’amategeko.

Ingingo ya 263 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu ukoresha ibiyobyabwenge byoroheje cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, yaba abiriye, abinyoye, abyitere cyangwa abihumetse mu buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha.

Iyo umuntu abihamijwe n’urukiko, ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’imyaka ibiri cyangwa imirimo y’inyungu rusange.

Itegeko kandi rigena ibihano bikomeye ku muntu ukora, uhinga, ahindura, atunda, abika, aha undi cyangwa agurisha ibiyobyabwenge mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje, umuntu ubihamijwe n’urukiko ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi n’icumi, ndetse n’ihazabu iri hagati ya miliyoni eshanu na miliyoni icumi z’amafaranga y’u Rwanda.

 Yvanny Mpano amaze iminsi irenga 15 ari mu butabera, aho akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO KIGARUKA KURI YVANNY MPANO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...