Ni
amateka yandikiwe mu gitaramo cyo kumurika Album ye nshya yise ‘Inganzo
Ntahangarwa’, cyabereye muri Kigali Universe mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki
13 Gashyantare 2026, ahari hateraniye abakunzi b’umuziki, ibyamamare ndetse
n’inshuti z’uyu muhanzi baje kumushyigikira.
Ni
igitaramo cyaranzwe n’udushya, aho Yvan Muziki yaririmbye zimwe mu ndirimbo
zigize Album ye nshya, agaragaza ubuhanga bwe mu muziki gakondo awuvangamo
umudiho wa ugezweho.
Ariko
icyatunguranye benshi ni urutonde rw’abahanzi bakoranye kuri iyi Album,
rugaragaraho amazina akomeye arimo The Ben na Bruce Melodie, abahanzi bakunze
gushyirwa mu bahanganye ku isoko ry’umuziki nyarwanda.
Ku
nshuro ya mbere, Yvan Muziki yakoranye indirimbo na buri umwe muri aba bahanzi,
ibintu byatumye aba umuhanzi wa Kabiri mu Rwanda ushoboye gukorana indirimbo na
The Ben na Bruce Melodie bombi.
Kuri
iyi Album:
Uyu
mushinga werekanye ko Yvan Muziki atagarukiye ku muziki gakondo gusa, ahubwo
ashaka kuwagura awuhuzamo n’abandi bahanzi bafite umwimerere utandukanye.
Akurikiye
Bwiza mu guhuza aba bahanzi
Mbere
ye, ni umuhanzi Bwiza wari wabashije gukorana indirimbo n’aba bombi. Yakoranye
na The Ben indirimbo ‘Best Friend’, ndetse na Bruce Melodie bakorana ‘Ogera’,
indirimbo yamamaye cyane mu bihe byo kwamamaza Perezida wa Repubulika, Paul
Kagame.
Gusa
kuba Yvan Muziki abikoze ku rwego rwa Album yuzuye, aho buri umwe yamuhaye
indirimbo ye yihariye, byamushyize mu mwanya udasanzwe mu mateka y’umuziki
nyarwanda.
Album
igizwe n’indirimbo 17: ‘Inganzo Ntahangarwa’ igizwe n’indirimbo 17 zirimo: ‘Inganzo
Ntahangarwa’, ‘Ute’, ‘Gaju’,
s‘Ikimenyetso’, ‘Rwanda’, ‘Ishyamba rikwiye iki?’, ‘Uwera’, ‘Wapiye’ (yakoranye
na Kidum, Massamba Intore na Marina), ‘Urugo ruhire’ (yakoranye na Marina na
Massamba), ‘Kanyambiriri’, ‘Feeling’ (yakoranye na Bruce Melodie), ‘Tonight’
(yakoranye na The Ben), ‘I’m in Love’, ‘Ngwino Mama’, ‘Mpore Mpore, ‘Intsinzi’
(yakoranye na Mariya Yohani, The Ben na Marina), ndetse na ‘Maji Maji’ .
Iyi
Album igaragaza ko Yvan Muziki ashaka gusiga ikimenyetso mu muziki gakondo
awuvanga n’injyana zigezweho, ndetse akifashisha ubufatanye n’abahanzi bafite
amazina akomeye.
Mu
gihe umuziki gakondo ukunze gufatwa nk’udashobora guhuza n’abahanzi bakora
Afrobeat n’izindi njyana zigezweho, Yvan Muziki yerekanye ko bishoboka.
Yifashishije
ubufatanye na The Ben na Bruce Melodie, agaragaza ko injyana zitandukanye
zishobora guhura zikabyara umusaruro mushya.
Ni
intambwe itanga icyizere ku bakunzi b’umuziki gakondo, ko ushobora kugera ku
rwego mpuzamahanga binyuze mu bufatanye bufite ireme.
Yvan Muziki si gusa umuhanzi wamuritse Album; ahubwo ni umuhanzi watanze ubutumwa ko umuziki nyarwanda ushobora guhuzwa, ugatera imbere binyuze mu bufatanye no gusenyera umugozi umwe.

Yvan Muziki yanditse amateka mu muziki nyarwanda, aba umuhanzi wa kabiri ukoranye indirimbo na The Ben na Bruce Melodie bombi kuri Album ye nshya ‘Inganzo Ntahangarwa’ yamurikiye muri Kigali Universe

Mu gitaramo cyabereye i Kigali Universe, Yvan Muziki yamuritse Album igizwe n’indirimbo 17, avuga ko yamusabye imbaraga n’ubushobozi kugira ngo isohoke

‘Inganzo Ntahangarwa’ ya Yvan Muziki yahuje injyana gakondo n’igezweho, aho yakoranye n’abahanzi bakomeye barimo The Ben, Bruce Melodie, Marina, Kidum na Massamba Intore

Mu ndirimbo ‘Intsinzi’ iri kuri Album nshya ya Yvan Muziki, The Ben, Marina na Mariya Yohani bahuriyemo, mu gihe Bruce Melodie bagaragara hamwe kuri ‘Feeling’

Yvan
Muziki yavuze ko agiye gutangira urugendo rw’ibitaramo byo kumenyekanisha Album
ye nshya iri ku isoko
