King James yabitangaje
kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026, mu kiganiro yagiranye
n’itangazamakuru cyagarukaga ku gitaramo cye gikomeye yise “20 Years of King
James”, giteganyijwe kubera muri BK Arena tariki ya 1 Kanama 2026.
Yavuze ko iki gitaramo kizaba ari umwanya wo kurebera hamwe urugendo rwe
rwatangiye mu 2006 ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere, rugakomereza ku
bikorwa byinshi byamugize umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu Rwanda.
Yagaragaje
ko iki gitaramo yagitekereje kuva umwaka ushize, ariko ahitamo kugihuza n’uyu
mwaka kugira ngo gihure neza n’isabukuru y’imyaka 20 amaze akora umuziki.
Ati:
“Ni igitaramo kidasanzwe kuko kizaba gikubiyemo urugendo rwanjye rwose kuva
natangira umuziki. Twahisemo n’itariki nziza ihura neza n’iyi myaka 20.”
Uyu
muhanzi yashimiye abafana be ku rukundo bakomeje kumugaragariza, anashimira
abaterankunga n’abahanzi bakoranye mu rugendo rwe rw’umuziki.
Ati:
“Ndashima Abanyarwanda uburyo batweretse urukundo. Nanone ndashima abahanzi
twakoranye ndetse n’abaterankunga badushyigikiye. Nanjye niteguye gutanga
ibyishimo birenze ibyo abantu bategereje.”
King
James yavuze ko nyuma y’ibitekerezo yagiye ahabwa n’abafana ndetse n’abandi
banyuranye, yafashe icyemezo cyo gukora igitaramo cya kabiri, bityo ibitaramo
byo kwizihiza imyaka 20 ye mu muziki bikazaba bibiri bikurikirana.
Ati:
“Kubera inama nagiriwe n’abantu banyuranye ndetse n’abafana, twanzuye ko
tuzakora igitaramo cya kabiri. Nzitanga uko nshoboye kandi nkore ibirenze ibyo
abantu bamenyereye.”
Agaruka
ku myaka 20 amaze mu muziki, yavuze ko ari urugendo rwamusigiye byinshi byiza
kurusha ibibi.
Ati:
“Imyaka 20 yaranzwe n’ibintu byiza ku kigero cya 98%. Nk’akandi kazi kose
ushobora guhura n’imbogamizi nke, ariko muri rusange byabaye byiza cyane.”
Ku
ruhande rw’abategura iki gitaramo, Bruce Intore uyobora Intore Entertainment
yavuze ko bishimiye gukorana na King James muri uyu mushinga, anawushimira kuba
ari igikorwa cyo guha agaciro uruhare yagize mu muziki nyarwanda.
Ati:
“Ni igikorwa cyiza cyo kwishimira. Twishimiye kuba turi kumwe na King James
muri uru rugendo rwo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki.”
Bruce
Intore yanagaragaje ko kuba igitaramo kitazabera muri Amahoro Stadium byatewe
ahanini n’igihe cyo kwitegura, kuko gahunda yacyo yateguwe mu gihe kitari
kirekire.
Igitaramo
“20 Years of King James” kiri mu bitegerejwe cyane muri uyu mwaka, aho abafana
b’uyu muhanzi bazabona umwanya wo kongera kwibuka indirimbo zakunzwe zirimo
izamuranze mu myaka ibiri ishize y’umwuga we w’umuziki.

King
James yatangaje ko yashimishijwe no kuba abafana be baramushyigikiye bakagura
amatike yose mu gihe cy’iminsi itatu
