Umuvugizi
w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yabihamije
mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026.
Yavuze
ati “Nibyo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza akurikiranywe afunze mu
gihe iperereza rikomeje. Afungiye kuri station ya RIB ya Kimironko."
Ku
wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, Shaddyboo akoresheje konti ye ya Instagram
yatangaje ko yasambanyijwe n’uyu muhanzi mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 21
Kamena 2026.
Mu
butumwa yashyize hanze, Shaddyboo yavuze ko Yugi Umukaraza yari yamusuye iwe,
bakanasangira icyo kunywa cyari kigizwe n’amacupa abiri y'inzoga yari yitwaje.
Yakomeje avuga ko nyuma yaho yamusambanyije ku gahato, ndetse ko icyo gihe yari
no mu minsi y’umugore.
Yavuze
kandi ko yagerageje kuvugana na Yugi Umukaraza kugira ngo baganire ku byabaye,
ariko ngo ntiyabasha kubona ubufasha bwe kuko yahise aca intege ibiganiro
byabo.
Shaddyboo
yavuze ko icyatumye ashyira aya makuru hanze ari ugutanga ubutumwa bwo
gushishikariza abandi bahura n’ihohoterwa kudaceceka no gutinyuka kuvuga
ibibabayeho.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry,
yemeje ko uru rwego rwakiriye iki kirego ndetse ko iperereza ryahise ritangira.
Yagize
ati: “Yego. Ejo (Ku wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026) RIB yakiriye ikirego cya
Mbabazi uzwi nka Shaddyboo, iperereza ryatangiye, yakiriwe mu Isange One Stop
Center, ngo afashwe mu buryo bw’ubuvuzi n’ubugenzacyaha.”
Dr.
Murangira yanibukije abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda guca imanza
cyangwa gutanga imyanzuro ku rubanza rugikorerwa iperereza. Ati: “Abakoresha
imbuga nkoranyambaga birinde guca imanza cyangwa amagambo ashinja uwo ari we
wese (haba uwareze cyangwa uwarezwe).”
Yugi
Umukaraza ni muntu ki?
Nubwo
izina rye ritari rimaze igihe kinini rimenyerewe mu ruganda rw’umuziki nyarwanda,
Yugi Umukaraza ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka bahabwa amahirwe yo kuzagira
izina rikomeye mu muziki.
Amazina
ye nyakuri ni Iradukunda Aimable. Uretse kuba ari umuhanzi, asanzwe ari
n’umwarimu wigisha mu Ishuri rya Rwanda School of Creative Arts and Music
(RSCAM), ryahoze rizwi nka Nyundo Music School, riherereye mu Karere ka
Muhanga.
Yugi
ni umwe mu barangije amasomo muri iri shuri mu mwaka wa 2018, mu cyiciro kimwe
n’abahanzi barimo Kenny Sol. Nyuma yo kurangiza amasomo ye, yakomeje gukorera
muri iri shuri aho yigisha cyane cyane kuvuza ingoma n'ibijyanye n'umuziki.
Mu
bihe bitandukanye, Yugi yagiye agaragaza ko umuziki atawufata nk’ibyo
kwishimisha gusa, ahubwo ko ari umwuga n’ubuzima bwe bwa buri munsi.
Mu
rugendo rwe nk’umuhanzi, Yugi Umukaraza amaze gushyira hanze indirimbo nke
ariko zamufashije gutangira kwigaragaza mu ruhando rw’umuziki.
Yatangiye
kumenyekana binyuze mu ndirimbo yise “Higher”, nyuma akurikizaho “Location”,
mbere yo gutangira umwaka wa 2025 ashyira hanze “Cheers”, indirimbo yakoranye
n’umuraperi Ish Kevin.
Iyi
mikoranire na Ish Kevin ni imwe mu yatumye benshi batangira gukurikirana
ibikorwa bye, cyane ko aba bombi bagaragaye kenshi bakorana ndetse Yugi
akagaragaza ko Ish Kevin ari umwe mu bantu bamufasha cyane mu rugendo rwe
rw’umuziki.
Yugi
Umukaraza akora umuziki wa Afro-Fusion, injyana ahuza n’amajwi ndetse
n’imiririmbire ishingiye ku njyana gakondo nyarwanda rimwe na rimwe.
Abakurikiranira
hafi umuziki nyarwanda bavuga ko afite impano mu kuririmba no gucuranga, ibintu
byatumye bamwe batangira kumubonamo umwe mu bahanzi bashobora kuzagira uruhare
rukomeye mu muziki mu myaka iri imbere.
Mu
bihe byashize, Yugi yari yaratangaje ko yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki kuva
yatangira gushyira hanze ibihangano bye, ibintu yavuze ko byamuhaye imbaraga zo
gukora cyane no gukomeza kubaka izina rye.

Yugi
Umukaraza yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026

