Youssou Diagne, Vigninou na Aziz Dao basubiye iwabo nyuma yo gutandukana na Rayon Sports

Imikino - 10/06/2026 5:10 AM
Share:
Youssou Diagne, Vigninou na Aziz Dao basubiye iwabo nyuma yo gutandukana na Rayon Sports

Abakinnyi batatu bari bamaze igihe bakinira Rayon Sports, ari bo myugariro Youssou Diagne, Ben Aziz Dao na rutahizamu Joachim Vigninou Bieunvenu, bamaze kuva mu Rwanda basubira mu bihugu byabo nyuma yo gutandukana n'iyi kipe nyuma yo kutongererwa amasezerano

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026 saa 01:00, aba bakinnyi bahagurutse i Kigali berekeza mu bihugu bakomokamo nyuma y'uko ubuyobozi bwa Rayon Sports bufashe icyemezo cyo kutazakomezanya na bo mu mwaka utaha w'imikino.

Mu bakinnyi bagiye, Youssou Diagne ni umwe mu basize amateka agaragara muri Rayon Sports. Uyu myugariro w'Umunya-Sénégal yari amaze imyaka ibiri akinira Gikundiro ndetse yari yaragiriwe icyizere cyo kuba kapiteni w'iyi kipe. Mu gihe yamaze muri Rayon Sports, yagaragaje ubuhanga budasanzwe mu kibuga, ibintu byatumye aba umwe mu bakinnyi bakunzwe cyane n'abafana.

Nubwo benshi batekerezaga ko Youssou Diagne azagumana n'iyi kipe, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwafashe umwanzuro wo kutamwongerera amasezerano nubwo bari bumvikanye mu biganiro byabaye inshuro eshatu, gusa Gikundiro yahisemo gukora impinduka mu rwego rwo gutegura umwaka mushya w'imikino.

Ben Aziz Dao, ukomoka muri Burkina Faso, yari yageze muri Rayon Sports muri Mutarama 2026. Uyu mukinnyi ukina ku ruhande rw'ibumoso yugarira yaje yitezweho byinshi dore ko yari aje gusimbura Musore Prince wari umaze kugaragaraza urwego rw'imikinire ruri hasi, ariko ntiyabashije gutanga umusaruro wari witezwe. Nyuma y'amezi atandatu gusa muri iyi kipe, ubuyobozi bwahisemo kudakomeza gukorana na we.

Ku rundi ruhande, Joachim Vigninou Bieunvenu wo muri Bénin na we yageze muri Rayon Sports ku wa 5 Mutarama 2026. Yari yarazanywe nk'umwe mu bakinnyi bagombaga gukemura ikibazo cy'ubusatirizi bwari bumaze igihe buvugwaho kudatsinda ibitego bihagije. Gusa na we ntiyabashije kwigaragaza uko byari byitezwe, bituma amasezerano ye atongerwa.

Igenda ry'aba bakinnyi riri mu mpinduka Rayon Sports ikomeje gukora mu rwego rwo kubaka ikipe izahangana mu marushanwa yo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga mu mwaka w'imikino wa 2026/2027.

Youssou Diagne wari kapiteni wa Rayon Sports yatandukanye nayo nyuma yo kutongererwa amasezerano

Myugariro Ben Aziz Dao yasubiye iwabo muri Burkina Faso nyuma yo gutandukana na Rayon Sports

Rutahizamu ukomoka muri Benin, Joachim Viginou yatandukanye na Rayon Sports nyuma y'amezi atandatu

REBA UKO YOUSSOU DIAGNE, VIGNINOU NA BAVUYE MU RWANDA NYUMA YO GUTANDUKANA NA RAYON SPORTS


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...