Yongeye kubahiga! Bwiza yegukanye igikombe cy’uwambaye neza muri ‘The Silver Gala’ –VIDEO

Imyidagaduro - 02/11/2025 7:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Yongeye kubahiga! Bwiza yegukanye igikombe cy’uwambaye neza muri ‘The Silver Gala’ –VIDEO

Byari ibirori by’akataraboneka muri BK Arena! Mu ijoro ryatamirijwe n’urumuri rw’amabara, urusaku rw’ibyishimo n’uburanga bw’abanyamujyi, umuhanzikazi Bwiza yongeye kugaragaza impamvu atajya atangirwa mu kwigaragaza mu isura n’imideli igezweho.

Byabaye ubwa kabiri yegukanye igikombe cy’uwambaye neza kurusha abandi muri The Silver Gala’, ibirori byamamaye mu guhuriza hamwe ibyamamare, abashoramari n’abanyamideri b’ibyamamare mu Rwanda. Byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025 muri BK Arena.

Mu gihe benshi bageragezaga guhuza ibitekerezo n’inyito y’iki gikorwa “The Silver Gala”, Bwiza yagaragaye yambaye umwambaro utangaje wuje ubuhanzi, wakozwe n’umuhangamideli Matheo Design. Iyo kanzu yari yambaye ntiyari isanzwe- yari isobanuye.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Bwiza yagize ati: “Igikombe ndagicyesha Matheo Design, kuko ni we wakoze iyi kanzu nari nambaye uyu munsi. Kandi ndishimye cyane.”

Yavuze ko umwihariko w’iyo kanzu waturutse mu gushaka gusobanura “igiti” mu buryo bugezweho. Ati “Ntekereza ko bishingiye mu kuba narumvise neza ibyo twagombaga kwitaho mu guseruka muri ibi birori. Nari nagerageje kwambara nk’igiti—aya ni amababi y’igiti ariko mu buryo bugezweho. Mbese nagerageje kumva ibyo twasabwaga.”

Mu kiciro cy’uwambaye neza, abahatanye bari bakomeye. Harimo Olivia The Design, Anitha Urayeneza nyiri Romantic Garden, Mutesi Jolly, Miss Nishimwe Naomie n’abandi.

Ariko mu gihe abandi bageragezaga guhiga ubuhanga mu myenda igezweho, Bwiza we yaje guhuza isura, igitekerezo n’umuco.

Iyo myambaro ye ntiyavugaga gusa ku myambarire, ahubwo yari ubutumwa—bushushanya ubuzima, ubusitani, n’ubusobanuro bw’“ibyatsi” mu mwijima w’uburanga.

Nta gushidikanya, abashinzwe gutora abatsinze ntibigeze bagira impaka nyinshi. Uyu muhanzi w’umunyarwandakazi yegukanye igihembo cya 1000$, asiga abandi bose inyuma.

Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya atsinda muri iki cyiciro, kuko no mu mwaka ushize ubwo The Silver Gala yabaga ku nshuro ya mbere, ari we watwaye igihembo cy’uwambaye neza kurusha abandi.

Uretse kuba ari umwe mu bahanzi bafite amajwi yihariye mu muziki w’u Rwanda, Bwiza asigaye ari n’umwe mu bantu bake bashyira imbaraga mu guhuza umuziki n’imideli.

Uko agenda yigaragaza ku rubyiniro cyangwa mu birori bitandukanye, byamugize ikirangirire mu isura n’uburyo bwo gutambuka, kuganira no kugaragaza ubwiza bufite ubusobanuro.

Muri The Silver Gala yo kuri uyu mwaka, Bwiza yatsinze atambutse ku itapi itukura mu buryo bwari buvugisha benshi—ubutwari mu guhanga umwambaro udasanzwe, ubusobanuro mu kwiyambika, n’icyizere giturutse ku kuba azi neza uwo ari we.

 

Bwiza yahigitse bose ahabwa igikombe, ndetse anahabwa amafaranga agera kuri 1000$

Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda 2020, yari ahataniye igikombe cy'uwambaye neza mu birori 'The Silver Gala'

Umushoramari Anitha Urayeneza uzwi nka nyiri Romantic Garden yakira ibirori binyuranye, yari ahataniye igihembo cy’ uwaserutse yambaye neza

Abagore n'abakobwa bari bahataniye igihembo cy'amadorali 1000 mu birori 'The Silver Gala

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA BWIZA NYUMA YO GUTSINDA


REBA HANO UKO BYARI BIMEZE BWIZA N'ABANDI BAHATANIYE IGIHEMBO CY'UWAMBAYE NEZA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...