Uyu
muhango wo gusezerana uzaba ku wa Gatandatu tariki ya 1 Ukwakira 2026 guhera
saa Munani z’amanywa, ukazabera muri Kigali Marriott Hotel.
Ku
butumire bw’ubukwe bwe, Apôtre Mutabazi yagaragaje ko abazaba batumiwe ari bo
bonyine bazemererwa kwitabira uwo munsi w’ingenzi mu buzima bwe.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko we n’umugeni we bamaze amezi 11
bakundana, ariko mbere yaho bamaze igihe kinini ari inshuti zisengana kandi
zibanye nk’abavandimwe.
Yagize
ati: “Tumaranye amezi 11 ariko twabanje kuba inshuti, dusengana, mbese tubanye
kivandimwe. Nyuma ni bwo twaganiriye ku byo kubana kuko nabonaga afite
indangagaciro z’umugore wo mu Bwami bw’Imana.”
Mutabazi
yavuze ko mu guhitamo uwo bazabana yashingiye ku ndangagaciro z’umuntu ushobora
kwakira inyigisho ze n’imyumvire ye ku buzima bwo mu Bwami bw’Imana.
Ati:
“Urebye Apôtre Mutabazi, ubumenyi n’imyizerere mu by’Ubwami bw’Imana mfite
byantegekaga gushaka ‘A teachable woman’, umugore wemera kwigishwa no kubatizwa
muri filozofiya ya Apôtre Mutabazi. Ariko nakunze kwihurira n’abashaka
kunyigisha. Ariko Bibiliya iravuga ngo ‘Kuko bidakwiye ko umugore yigisha
umugabo.’ Betty ni we nabonye unyumva kandi agatega amatwi, ukamwigisha
abyishimiye.”
Yavuze
ko impamvu ubukwe bwe buzitabirwa n’abantu bake ari uko ashaka kubugira
ikimenyetso cyo gutandukanya abantu babaye hafi ye by’ukuri n’abagiye
bagaragara mu buzima bwe mu buryo bwo kwiyerurutsa gusa.
Ati:
“Nayise ‘Marriage de Rupture’. Ni ukuvuga kwitandukanya n’indyadya,
n’umunyagasuzuguro ari we mwibone, n’uwangambaniye wese nkamuha ubutumwa.”
Mutabazi
yavuze ko nubwo ubukwe bw’abantu bake busanzwe bumenyerewe mu bihugu byinshi,
mu Rwanda budakunze kugaragara.
Yagize
ati: “Ubukwe burimo abantu bake ni ibintu bibaho mu mahanga ariko bitamenyerewe
mu Rwanda. Pawulo yabwiye Itorero ry’i Korinto ati ‘Mube abagabo nya bagabo,
kandi ibyo mukora byose mubikorane urukundo.’ Bivuze ko habaho abagabo hakabaho
abagabo nya bagabo, habaho abavandimwe hakabaho abavandimwe nya bavandimwe,
habaho inshuti hakabaho inshuti nya nshuti.”
Yasobanuye
ko uruhande rwe n’urw’umugeni we ruzatumira abantu 15 kuri buri ruhande, bose
hamwe bakazaba 30.
Yakomeje
avuga ko, kuri we, isano y’amaraso idahagije kugira ngo umuntu yitirwe umuvandimwe
nyakuri, ahubwo ko ubuvandimwe bugaragarira mu kuba umuntu aba hafi y’undi mu
bihe bikomeye.
Ati:
“Umuntu twava inda imwe kwa mama na papa, tukamara imyaka ibiri tutavugana, nta
guhamagarana, nta no kwandikirana kuri WhatsApp, uwo si umuvandimwe nya muvandimwe.
Ndetse nanavuga ko uwo mpfuye byaba byiza atahageze, cyangwa yahagera agasanga
narasize urutonde rw’abemerewe kunshyingura agasubizwayo, akagenda yitekerezaho
umuvandimwe yambereye nkiri muzima.”
Mutabazi
yavuze ko atemeranya n’umuco wo kutita ku muntu akiriho, ahubwo abantu
bakazagaragara ari benshi nyuma y’urupfu rwe.
Ati:
“Muri ‘philosophy’ ya Apôtre Mutabazi, ibintu byo kurwara umuntu ntagusure,
ntaguhamagare, ntagufashe kugura imiti, wapfa bakahurura bakakwishyurira
isanduku ihenze, sinemeranya na byo. Ngomba kwitandukanya n’ubwo buvandimwe
nkiri muzima.”
Yongeyeho
ko asanzwe ari umuntu uvuga icyo atekereza adaciye ku ruhande, ari na yo mpamvu
yise ubukwe bwe “Marriage de Rupture”.
Ati:
“Abanzi neza bazi ko ndi nka Natanayeli Yesu yavuzeho ati ‘Dore Umuyuda utagira
uburyarya.’ Sinjya ngira uburyarya. Iyo nkwanga ndabikubwira. Waba
waransuzuguye cyangwa warangambaniye, twahura singusuhuze. Ni cyo gituma nayise
‘Marriage de Rupture’, ubukwe bwo kwitandukanya n’indyarya, abibone
n’abagambanyi ku buzima bwanjye.”
Ubukwe
bwa Apôtre Mutabazi bushobora kuzavugisha benshi bitewe n’umubare muto
w’abatumirwa, ariko cyane cyane kubera ubutumwa yashatse gutambutsa, agaragaza
ko kuri we agaciro ku muntu kadashingira ku mubare w’abaza mu birori, ahubwo
gashingira ku buryo yabaye hafi ye mu rugendo rw’ubuzima.

Apôtre
Mutabazi Kabarira Maurice wari umushumba w’Itorero New Covenant Kingdom Citizen,
yatangaje ko agiye gukora ubukwe n’umukunzi we Beatrice buzaba ku wa 1 Ukwakira
2026
