Urubanza
rwa Aimable Karasira wamenyekanye nka Prof Nigga, rwabaye rumwe mu manza
zagarutsweho cyane mu Rwanda bitewe n’imyitwarire ye, ibyo yari akurikiranyweho
ndetse n’abantu bifuzaga kumenya uko aburana.
Aimable
Karasira yatawe muri yombi muri Gicurasi 2021. Urubanza rwe rwatangiye mu mizi
mu mpera za 2023 rurangira mu 2025 mu Rugereko Rwihariye rw’Urukiko Rwisumbuye
rushinzwe Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka ruri i Nyanza.
Yacyekwagaho Icyaha cyo guhakana Jenoside, Icyaha cyo guha ishingiro Jenoside,
Icyaha cyo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.
Urukiko
rwatangaje ko ibirego bibiri by'ubushinjacyaha bitakiriwe. Ibyo ni; Ikirego cyo
kudasobanura inkomoko y'umutungo n'icyaha cy'iyezandonke.
Nyuma
yo kuburana, Aimable Karasira yahamwe n’icyaha cyo guteza imvururu cyangwa
imidugararo muri rubanda hanyuma akatirwa igifungo cy’imyaka 5 n’ihazabu ya
500,000Frw.
Mu
kuburana, Aimable Karasira yari yarakoze udushya twinshi turimo;
Kwitwaza
Bibiliya mu Rukiko: Mu mizo ya mberi, Karasira yakunze kugaragara mu rukiko
afite Bibiliya, rimwe na rimwe akavuga amagambo asebya abacamanza cyangwa
akerekana ko atizeye ubutabera.
Kuvuga
ku Ndwara yo mu Mutwe: Inshuro nyinshi Karasira n'abamwunganira basabye ko
yasuzumwa n'abaganga b'inzobere mu by'indwara zo mu mutwe i Ndera, bavuga ko
ibyo avuga biterwa n'ihungabana n'agahinda gakabije.
Kwambara
inkweto zidasa agiye kuburana ndetse no kwitwaza agafuka mu rukiko
Gukora ikimenyetso cya Tuff Gang ndetse no gutanga ikimenyetso cya “Peace”
Gusaba Imbabazi ku Munsi wa Nyuma: Ku munsi wa nyuma w’iburanisha muri Nyakanga
2025, Karasira yatunguye benshi asaba imbabazi uwo ari we wese waba
yarakomerekejwe n'amagambo ye, avuga ko ari umwanzuro yafashe kugira ngo aruhure
umutima.
Mu
buryo butunguranye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 07 Gicurasi 2026, Urwego rw'u Rwanda rushinzwe
Igororero (RCS) rwatangaje ko Aimable Karasira yapfiriye mu bitaro bya
Nyarugenge.
Amakuru avuga ko yajyanywe kwa muganga huti huti ku munsi yagombaga kurangirizaho igihano cye cy’imyaka itanu ngo afungurwe. RCS yavuze ko urupfu rwe rwakomotse ku kunywa imiti yari asanzwe anywa mu ngano irenze (overdose), ariko iperereza riracyakomeza.
