Batamuliza
Fauziya, wari umaze igihe atuye muri Koreya y’Epfo mbere yo kugaruka gutura mu
Rwanda i Nyamirambo, yavuze ko imwe mu mpamvu zamweretse ko u Rwanda ruri
gutera imbere ari uko amahanga arushimira ndetse akarwifuza.
Yabitangaje
ashingiye ku bunararibonye bwe mu gukina filime mpuzamahanga y’Abahinde n’Abazungu.
Yakomeje
avuga ko abo bakinnyi bakoranye bamubwiye ko bakunda Perezida Kagame n’u
Rwanda, ndetse bamusaba ko yavuga mu Kinyarwanda muri iyo filime kugira ngo
n’ab’iwabo bazamenye ururimi n’igihugu cye.
Ati
“Bahise bambwira ngo uriya Perezida wanyu turamukunda, Igihugu cyanyu gifite
isuku, watubabariye ibyo wagombaga kuvuga mu cyongereza ukabivuga mu kinyarwanda
kugirango n'u Rwanda rumenye iyi filime yacu, narava no hanze mu Rwanda iyi
filime bari bayibonye."
Iyi
filime Batamuliza yavugaga ni Saaho, imwe mu zikomeye zakozwe mu Buhinde mu
myaka ya vuba. Yasohotse mu 2019, iyoborwa na Sujeeth Reddy, ikinwamo abakinnyi
bakomeye barimo Prabhas, Shraddha Kapoor, Chunky Panday na Jackie Shroff
n’abandi benshi bazwi muri sinema y’u Buhinde.
‘Saaho’
ni filime y’igikorwa (action thriller) imara iminota igera ku 170, igaruka ku
nkuru y’abapolisi bihishe (undercover) bari gushakisha uwibye amafaranga menshi
ndetse bakkaza guhura n’intambara y’amatsinda y’abanyabyaha ahatanira kuyobora
umujyi wa fikisiyo witwa Waaji City.
Iyi
filime yakorewe mu bihugu bitandukanye birimo u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe
z’Abarabu, Romania na Austria, ibintu byatumye igira ubuziranenge buhambaye mu
mashusho n’imirwano byashimwe cyane n’abarebye iyi filime, nubwo hari
abayinenze ku nkuru yayo.
Mu
rwego rw’ubucuruzi, ‘Saaho’ yitwaye neza kuko yinjije amafaranga ari hagati ya
miliyari 68 Frw na Miliyari 70 Frw [, bituma iba imwe mu zinjije menshi mu
2019, by’umwihariko igice cy’Igihinde ikaba ari yo yitwaye neza kurusha izindi.
Ubuhamya
bwa Batamuliza bwagaragaje uko Abanyarwanda bari hirya no hino ku Isi bakomeje
kuba abambasaderi b’igihugu cyabo, aho binyuze mu bikorwa nk’ibi byo gukina
filime mpuzamahanga, bagira uruhare mu kumenyekanisha u Rwanda n’ururimi
rw’Ikinyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Yasoje
asaba Perezida Kagame ko yamufasha kumugezaho umushinga afite yifuza gukorera mu
Rwanda, na we amwizeza ko bizakurikiranwa agahabwa umwanya wo kuwusobanura.
Ibi
byongeye kugaragaza ko u Rwanda rukomeje kwiyubaka no kwagura isura yarwo ku
Isi, haba mu bukungu, mu muco no mu myidagaduro, aho n’abari hanze yarwo bagira
uruhare mu kurumenyekanisha.

Batamuliza
yahamije ko abakoze filime bamubwiye ko bakunda Perezida Kagame n’u Rwanda, bamusaba
ko yavuga mu Kinyarwanda kugira ngo filime imenyekane n’iwabo
