Yiganjeho amarangamutima! Derico yasohoye EP yakoranyeho na Kid from Kigali

Imyidagaduro - 06/03/2026 8:45 AM
Share:

Umwanditsi:

Yiganjeho amarangamutima! Derico yasohoye EP yakoranyeho na Kid from Kigali

Umuhanzi nyarwanda Derico yashyize hanze Extended Play (EP) nshya yise “Elixir”, igizwe n’indirimbo eshanu zirimo ubutumwa bwiganjemo amarangamutima y’urukundo, gutandukana, kwigirira icyizere no kwikunda.

Iyi EP igaragaraho indirimbo zirimo “Marie Ann”, “Amarangamutima” yakoranye na Kid from Kigali, “Elixir”, “Alright” ndetse na “Inkoramutima” yamaze gusohokana n’amashusho yayo kuri uyu wa Kane tariki 5 Werurwe 2026.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Derico yavuze ko iyi EP atayikoze agamije gushimisha abantu gusa, ahubwo yashakaga ko abantu bayumva bakiyumvamo inkuru zivugwamo.

Yagize ati: “Nasohoye EP yanjye ‘Elixir’ iriho indirimbo eshanu. Si iyo gutanga ‘vibe’ gusa, ahubwo yuzuyemo amarangamutima menshi. Nashakaga guha abantu ikintu bumva bakabasha kwiyumvamo.”

Uyu muhanzi avuga ko buri ndirimbo iri kuri iyi EP ifite inkuru yihariye ishobora kubaho mu buzima bwa buri munsi bw’abakundana.

Mu ndirimbo “Inkoramutima”, agaragaza amarangamutima umuntu agira iyo ari kumva undi bwa mbere, akumva ko yamukunze cyane ku buryo atifuza kumutakaza.

Mu gihe indirimbo “Amarangamutima” yakoranye na Kid from Kigali, igaruka ku bihe bikomeye abantu banyuramo iyo urukundo rwarangiye cyangwa umubano wigeze kubabera uw’agaciro ugiye gusenyuka.

Indirimbo “Alright” yo igaragaza urugendo rwo kwiyubaka no gukomeza ubuzima nyuma yo gutandukana n’uwo mwakundanaga.

Derico kandi agaragaza ko hari ubutumwa bw’ingenzi bwo kwikunda no kwigirira icyizere buri muri iyi EP. Mu ndirimbo “Marie Ann”, agaragaza ko umuntu akwiriye kwikunda mbere yo gushaka kwemezwa n’abandi, mu gihe “Elixir” yo ivuga ku kwizera ubushobozi bwawe no kumenya agaciro ufite.

Agaruka ku ndirimbo “Inkoramutima”, Derico yasobanuye ko yifuje kugaragaza uko umuntu yitwara iyo atangiye gukunda undi bwa mbere ariko agatinya kumutakaza.

Ati: “Ni indirimbo yerekana ibyo unyuramo iyo uri kwiyumvamo umuntu bwa mbere, ariko ukabona ko imico yawe ishobora gutuma umubura. Icyo gihe utangira kwiga ibyo akunda n’ibimunezeza kugira ngo umushimishe, kuko kumutakaza byaba ari igihombo kuri wowe.”

Uyu muhanzi yavuze ko muri uyu mwaka wa 2026 ateganya gukomeza gukora cyane mu muziki ndetse akazanazana udushya twinshi ku bakunzi be.

Ati: “Uno mwaka ndateganya gukora cyane. Hari udushya twinshi ndimo gutegura sinshaka guhita mbivugaho, ariko icyo navuga ni uko nshaka guhagararira igihugu cyanjye aho ndi ubu no gukwirakwiza umuco wacu.”

Yongeyeho ko afite intego yo kugira uruhare mu guteza imbere umuco n’ururimi rw’Ikinyarwanda abinyujije mu muziki we, aho azakoresha amahirwe yose azabona mu mahanga mu kumenyekanisha ibiranga u Rwanda.

Iyi EP “Elixir” ya Derico iri mu mishinga mishya y’uyu muhanzi igamije kumwerekana mu yindi sura y’umuziki we, aho yibanze cyane ku nkuru z’urukundo n’amarangamutima abantu benshi bashobora kwisanga mo.

Derico yasohoye EP yise “Elixir” igizwe n’indirimbo eshanu zirimo “Amarangamutima” yakoranye na Kid from Kigali, igaruka ku nkuru z’urukundo, gutandukana no kwiyubaka

Derico yavuze ko EP ye nshya “Elixir” atayikoze agamije gushimisha abantu gusa, ahubwo yashakaga indirimbo abantu bumva bakaziyumvamo mu buzima bwabo

 

Derico yavuze ko mu 2026 ateganya gukora cyane mu muziki no gukoresha ibihangano bye mu kumenyekanisha umuco n’ururimi rw’Ikinyarwanda ku rwego mpuzamahanga

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AMARANGAMUTIMA’ YA DERICO

KANDA HANO UBASHE KUMVA EP YOSE Y’UMUHANZI DERICO





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...