Ni indirimbo imaze umunsi umwe gusa igeze ku rubuga rwa YouTube. Inyikirizo yayo iragira iti: Uwo ni Yesu, umwana w'Imana, ni we ntsinzi yacu. Atuneshereza intambara z'umwanzi Satani. Intsinzi yarabonetse, intsinzi y'iteka."
Yakomeje ahumuriza abarembejwe n'imyambi y'umubisha, ababwira ko Imana itabibagiwe kandi ibafitiye imigambi myiza nk'uko bigaragara mu ijambo ry'Imana riboneka muri Yeremiya: 29:11. Ati: "Nta joro ridacya, nta mvura idahita, bakomeze guhanga amaso Kristo ni we ntsinzi yacu."
Yves Rwagasore uri mu
bahanzi bari gukora cyane by'umwihariko abari muri Diaspora nyarwanda, azwi mu
ndirimbo nka "Njyewe na Yesu", "Wowe Ntujya uhemuka",
"Abiringiye Uwiteka", "Thank you God" n'izindi
zitandukanye. Nyuma yo kugera muri Canada, ntabwo yamanitse inanga, ahubwo
yakomeje gukora mu nganzo ahumuriza ubwoko bw'Imana.
Benshi kandi bamuzi mu
mwanya wo kwegerana n'Imana mu buryo bwo kuyiramya akaba ari igikorwa yise
"Upper room".